FARDC irashinjwa ibitero bya ‘drones’ byishe abantu i Kalingi

AFC/M23 yatangaje ko indege nto zitajyamo abapilote, zizwi nka ‘drones’, zo ku ruhande rwa Leta zarashe kuva mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru i Kalingi, muri Minembwe, zikica abaturage.

Umuvugizi w’iryo huriro, Lawrence Kanyuka, yatangaje ku rubuga X ko izo ndege z’ubwiyahuzi (kamikaze) zirasa buhumyi ahantu hatuwe n’abasivile.

Yongeraho ko izo drones, zohererejwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa, zateye akaga aho zasenye amazu y’abasivile, zica abaturage b’inzirakarengane.

Kanyuka ntiyatangaje umubare w’abaturage bamaze guhitanwa n’ibi bitero byatangiye saa kumi n’imwe z’igitondo kuri uyu wa 15 Werurwe.

Gusa agaragaza ko ibi bitero byongereye ubukana aho ibikorwa by’ubutabazi bitakunda, kuko amabombe akomeje kwisukiranya.

Ashimangira ko ibi bitero bikorwa buhumyi, bigamije kwica abasivile no guhonyora amategeko mpuzamahanga n’ibikorwa by’ubutabazi.

Ati: “Bigaragaza ko ubutegetsi bwa Kinshasa butitaye na gato ku buzima bw’abaturage basivile.”

Kanyuka avuga ko AFC/M23 idashobora kwihanganira ubu bwicanyi bukomeje kwirengagizwa n’imiryango mpuzamahanga.

Igisirikare cya Congo n’abafatanyabikorwa bacyo ntacyo baratangaza kuri ibi bivugwa na AFC/M23.

FARDC ikomeje gukaza ibitero bya ‘drones’ ku barwanyi ba AFC/M23 no ku baturage, bigamije kwigarurira ibice byambuwe mu bihe bitandukanye.

Iby’ibi bitero bya drones byashimangiwe na Depite Willy Mishiki Buhini, uherutse kwemerera TV5 Monde ko Leta ari yo yagabye igitero ku mujyi wa Goma, cyaguyemo umufaransakazi Karine Buisset.

 

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
3 Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *