FARDC irashinja abo muri AFC/M23 kwiyoberanya bakaguma muri Uvira

Igisirikare cya Congo, FARDC mu itangazo cyasohoye kivuga ko inyeshyamba za AFC/M23 zakinze ibikarito mu maso amahanga zivuga ko zavuye muri Uvira, amakuru gihabwa n’abaturage yemeza koi zo nyeshyamba zikiri mu mujyi.

Itangazo ryasohowe n’igisirikare cya Congo ku wa Gatandatu kivuga ko imirwano igikomeje kuba hagati ya AFC/M23 n’ingabo za Congo ahitwa Makobola.

Gen Sylvain Ekenge avuga ko abahuza barimo America na Qatar badakwiye kwita ku bivugwa na AFC/M23 ko yavuye muri Uvira.

Yasubiye mu magambo ya Willy Ngoma uvugira AFC/M23 “wifashe video avuga ko batazigera bava muri Uvira.”

FARDC iravuga inyeshyamba za AFC/M23 zikiri muri Uvira no mu nkengero zayo.

Gen Sylvain Ekenge ati Abari mu duce dutandukanye, nib o bagenzura uduce twa ngombwa ni na bo bagenzura imihanda y’ingenzi.”

Yavuze ko abarwanyi ba AFC/M23 biyoberanya bakambara imyambaro ya gisivile cyangwa iy’abapolisi, abandi ngo barinze icyambu cya Kalundu, n’umupaka w’u Burundi na Congo.

Aho muri Uvira kandi ngo inyeshyamba za AFC/M23 zakomeje gukora uburinzi bwa nijoro.

FARDC iravuga ibi mu gihe Umudepite witwa Willy Mishiki, ndetse wo mu ihuriro rya Perezida Felix Tshisekedi yemeza ko AFC/M23 yamaze kuva muri Uvira, ndetse Wazalendo bahasubije ubuyobozi.

Willy Mishiki yari aherutse kuvuga ko mu minsi 18 gusa leta ya Congo izaba yasubiranye umujyi wa Uvira.

Tariki 10 Ukuboza, 2025 nibwo inyeshyamba za AFC/M23 zatangaje ku mugaragaro ko zafashe umujyi wa Uvira wari umaze iminsi unizwe impande zose.

Nyuma y’icyo gihe America yasabye ko AFC/M23 iva muri Uvira, ndetse imbere ya camera mu ijoro rya tariki 15 Ukuboza, 2025, abarwanyi ba AFC/M23 babwiye amahanga ko bavuye muri uyu mujyi, ariko ko ibitero by’ingabo za leta na Wazalendo nibikomeza bazongera kuhafata.

Abaturage bagaragaje kwigaragambya bavuga ko AFC/M23 bayikeneye ngo ibahe umutekano (ibi ubutegetsi bwa Kinshasa bwavuze ko ari propaganda ya AFC/M23) abagiye mu myigaragambyo babihatiwe.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *