Ethiopia isumbirijwe irashinja ingabo z’amahanga kurwana ku ruhande rw’inyeshyamba

Nyuma y’imirwano ikarishye ndetse inyeshyamba zikavuga ko zafashe imijyi ibiri ikomeye, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed yavuze ko ingabo z’amahanga “Abazungu n’Abirabura” zarwanye ku ruhande rw’inyeshyamba zishyigikiye ukwigenga kw’Intara ya Tigray.

Dr Abiy Ahmed avuga ko hari “Abazungu n’Abirabura” bari gufasha inyeshyamba

Imirwano ikomeye mu mpera z’Icyumweru gishize yabereye mu Ntara ya Amhara.

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed mu ijambo yagejeje ku bagize Guverinoma ryananyuze kuri televiziyo y’igihugu yashinje ingabo z’amahanga gufatanya n’inyeshyamba.

Yavuze ko “abarwanyi batari Abanya-Ethiopia bagize uruhare” mu mirwano iherutse kubera mu mijyi ya Dessie na Kombolcha inyeshyamba zivuga ko zafashe.

Dr Abiy yagize ati: “Harimo Abazungu n’Abirabura barwanye ku ruhande rwa TPLF [Tigray People’s Liberation Front], barapfuye.”

Hashize igihe gito Leta isabye abaturage bashoboye gufasha igisirikare kurwana n’inyeshyamba, gusa Dr Abiy yavuze ko nubwo bitateguwe neza, ariko hari umubare munini w’urubyiruko wabyitabiriye.

Ati: “Ingamba [urugamba] zishobora kugenda nabi bitewe n’impamvu zitandukanye ariko ku mpera igihugu kizatsinda intambara.”

Yashinje inyeshyamba zo muri Tigray gushaka gusubira ku butegetsi ngo zishyire mu bikorwa gahunda yo gufata abo mu bwoko bumwe ngo babe ari bo “bashyirwa imbere” mu gihugu.

Yanasubiyemo itangazo leta yari yasohoye mbere yaho ivuga ko inyeshyamba zishe abaturage b’abasivile barenga 100 mu mujyi wa Kombolcha, ibyo inyeshyamba zo muri Tigray zahakanye.

Hari ubwoba ko inyeshyamba za TPLF zihuje n’izindi zivuga ko zishaka ubwigenge bw’Intara ya Oromo zitwa Oromo Liberation Army, OLA).

Umuvugizi w’Inyeshyamba za Tigray People’s Liberation Front, Getachew Reda, yabwiye BBC ejo hashize ko abarwanyi b’umutwe avugira bahuye n’aba  Oromo Liberation Army.

Gusa ntiyatangaje niba batangiye gufatanya urugamba, gusa umuyobozi wa OLA, witwa Kumsa Diriba bahimba Jaal Maro yabwiye BBC ko mu minsi mike izi nyeshyamba zombi ziza gufatanya urugamba.

Inyeshyamba zivuga ko umugambi zifite ubu ari uwo gufata umurwa Mukuru, Addis Ababa, zigahirika ubutegetsi bwa Dr Abiy Ahmed.

Dr Abiy Ahmed aherutse gusaba ababishoboye bose gufatanya n’ingabo za Leta kurwanya inyeshyamba zishaka kwigenga kwa Tigray

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

Share This Article
2 Comments
  • Nk’umuntu wahawe Nobel Prize,niyumvikane n’abamurwanya.Yibuke ko ari “Civil War” (abenegihugu bicana n’abenegihugu!!!).Umuririmbyi wo muli Congo Brazzaville witwa Casimir Zao Zoba yararirimbye ati:”Nimujugunye intwaro zanyu.Twimakaze URUKUNDO tureke kurwana”.Aho kumva iyo nama,ibihugu byongera military budget,bigakora ibitwaro byasenya isi yose mu kanya gato,abantu bose bagashira.Umuti uzaba uwuhe?Nkuko ijambo ry’Imana rivuga,ku munsi w’imperuka Imana izatwika intwaro zose zo ku isi,ikureho intambara.Kuli uwo munsi kandi,izakura mu isi abantu bose bakora ibyo itubuza,harimo n’abarwana.Uwo niwo muti rukumbi w’intambara zimaze guhitana abantu barenga 1 billion (milliard) kuva Muntu yaremwa.

  • Ikibabaje cyane nuko intambara zo muli Afrika zose ziba ari abenegihugu barwana hagati yabo.Si ikindi gihugu baba barwanya.Nyamara umusirikare yagombye kurwanira igihugu,aho kurwana n’undi mwenegihugu.Akenshi usanga ari amoko ahanganye.Urugero,intambara yo muli Uganda yali Abanyankole barwanya aba Acoli n’aba Langi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *