Dr Gahakwa wahoze ayobora RAB yahawe igifungo cy’umwaka umwe n’amezi 3

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, rwahamije Dr Daphrose Gahakwa icyaha cyo gutanga amasoko mu buryo bunyuranyije n’amategeko, rutegeka ko ahabwa igihano cy’umwaka umwe n’amezi atatu n’ihazabu y’ibihumbi 500 by’amafaranga y’u Rwanda.

Urubanza rwasomwe n’inteko y’abacamanza babiri bitewe n’uko uwa gatatu yagiye mu butumwa bw’akazi ku Rukiko rw’Ikirenga.

Urukiko rwagize Dr Gahakwa umwere ku cyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta ugizwe n’imashini yuhira byavugwaga ko yajyanye mu ifamu ye iherereye mu Murenge wa Gashora rumuhamya icyaha cyo gutanga isoko mu buryo bunyuranije n’amategeko.

Icyaha cyahamye Dr Gahakwa Daphrose ni icyo guha isoko umuntu utabifitiye uburenganzira.

Mu iburanisha riheruka Ubushinjacyaha bwavuze ko mu 2016 Dr Gahakwa wari Umuyobozi Mukuru w’agateganyo wa RAB, yasinye amasezerano y’isoko ryo kuhira.

Iryo soko ryari rifite agaciro ka miliyoni zirenga 800 Frw ryahawe umukwe we Dr Edouard Kamugisha. Icyo cyaha ni cyo cyamuhamye.

Dr Gahakwa Daphrose n’abamwunganira bafite iminsi 30 yo kujururira icyemezo cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo mu Rukiko Rukuru.

Dr Gahakwa Daphrose yatawe muri yombi n’Ubushinjacyaha mu Ukwakira 2020

Ivomo: Igihe

NDEKEZI JOHNSON /UMUSEKE.RW

Share This Article
3 Comments
  • Abantu benshi bakira babanje gukora amanyanga.Birababaje kubona ibintu Imana itubuza (ubujura,ubusambanyi,amanyanga,kubeshya,ruswa,intambara,etc…) bikorwa na billions/milliards z’abantu. Yesu yerekanye ko “abakristu nyakuri” ari bake cyane.Bisaba imihate kugirango ukore ibyo Imana ishaka.Umukristu nyawe,atandukanye n’abantu bible yita “ab’isi”.Aho gushyira imbere iby’isi,umukristu nyawe ashaka Imana cyane.Akabifatanya n’akazi gasanzwe.Akazahembwa kuzuka ku munsi wa nyuma,agahabwa ubuzima bw’iteka muli paradizo nkuko Yohana 6,umurongo 40 havuga.

  • Uyu yari igifi kinini. Agize Imana baramudohoreye. Kumusaba kwishyura 500.000 Frw ntacyo bivuze. Ririya soko rya 800.000.000Frw yatanze mu buryo bunyuranyije n’amategeko, byongeyeho akariha umukwe we ni icyaha gikomeye yari akwiriye guhanirwa byihanukiriye kugira ngo bibere abandi urugero.

    Udufi duto nitwo bigirizaho nkana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *