Dr. Cheikh Sarr na Ferwaba bakoze Divorce

Uwari umutoza mukuru w’ikipe z’Igihugu za Basketball mu Rwanda, Dr. Cheikh Sarr, yaseshe amasezerano yari afitanye n’Ishyirahamwe ry’uyu mukino mu Rwanda, Ferwaba, nyuma y’umusaruro nkene ukomeje kugaragara mu makipe y’Igihugu.

Uyu Munya-Sénégal yari agifite amasezerano y’imyaka ibiri kuko ayo yaherukaga kongera mu mezi umunani ashize, yari kuzarangira mu 2027.

Ni amakuru yemejwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda (FERWABA), Ishimwe Fiona.

Bivugwa ko ari icyemezo cyafashwe nyuma y’aho amakipe y’Igihugu amaze iminsi yitwara nabi cyane mu Gikombe cy’Afurika yaba mu bagabo n’abagore.

Gusa n’ubwo impande zombi zahisemo gutandukana, mu 2023 Sarr yafashije Ikipe y’Igihugu y’Abagabo kwegukana umwanya wa gatatu mu Gikombe cya Afurika [AfroCan], ndetse anafasha iy’abagore kwegukana umwanya wa gatatu muri Afro Basket yabereye i Kigali.

Dr. Cheikh Sarr yageze mu Rwanda mu 2021 asimbuye Vladimir Bosnjak. Bivuga ngo yari amaze imyaka ine ari muri izo nshingano.

Dr. Cheikh Sarr watozaga ikipe z’Igihugu z’u Rwanda za Basketball, yaseshe amasezerano yari afitanye na Ferwaba

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *