Rutahizamu wa Al-Nassr yo muri Arabie Saoudité n’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Cristiano Ronaldo dos Santos Aveiro, yemeje ko mu gihe kitarenze imyaka iri imbere azaba ahagaritse gukina umupira w’amaguru.
Kenshi abanyamakuru bakomeje kujya bamubaza igihe azasezerera gukina ruhago nk’uwabigize umwuga, cyane ko benshi bahera ku myaka 40 afite ariko akaba akiri mu beza Isi ifite.
Ubwo yari mu Mujyi wa Riyad ku wa mbere, tariki ya 10 Ugushyingo 2025, yavuze ko mu gihe cya vuba azaba asezeye umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga.
Ati “Reka tube abanyakuri. Niba mvuze vuba, bisobanuye hagati y’umwaka umwe n’ibiri nzaba mpagaritse umupira w’amaguru.
Uyu mukinnyi ufite izina rinini ku Isi muri ruhago, yaciye mu makipe atandukanye akomeye arimo Sporting CP y’iwabo, Manchester United yo mu Bwongereza yanakoreyemo amateka akomeye, Real Madrid yo muri Espagne, Juventus yo mu Butaliyani na Al-Nassr arimo ubu.

UMUSEKE.RW
I will immediately clutch your rss feed as I can not to find your email subscription hyperlink or newsletter service. Do you’ve any? Please allow me understand so that I may subscribe. Thanks.
Terrific work! This is the type of information that should be shared across the internet. Shame on Google for no longer positioning this post upper! Come on over and discuss with my site . Thank you =)