Perezida wa Benin, Patrice Talon, yemeje ko Guverinoma n’Ingabo z’iki gihugu zaburijemo coup d’État yari yateguwe n’itsinda ry’abasirikare, ndetse yizeza ko abayigizemo uruhare bagiye guhanwa bikomeye.
Ibi Perezida Talon yabitangaje ku mugoroba wo ku Cyumweru, nyuma y’amasaha menshi humvikana urusaku rw’amasasu mu murwa mukuru, Cotonou.
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 7 Ukuboza 2025, ni bwo itsinda ry’abasirikare ba Bénin ryateye urugo rwa Perezida Patrice Talon, rishaka kumuhirika ku butegetsi.
Aba basirikare bayobowe na Lieutenant-Colonel Pascal Tigri, bari babashije gufata televiziyo y’igihugu, ari na ho batambukije ubutumwa buvuga ko bakoze ‘coup d’état’.
Aba basirikare bavuze ko bashyizeho Komisiyo ya gisirikare igamije impinduka, basesa Itegeko Nshinga, inzego za leta n’amashyaka yose ya politike.
Bavuze kandi ko bafunze imipaka yose ihuza Bénin n’ibindi bihugu. Bashimangira ko bahiritse ubutegetsi kubera ko hari abo ubuyobozi bwa Perezida Talon bwaheje, bamwe barafungwa abandi barahunga.
Talon yatangaje ko kwihutira gukorana n’ingabo z’abizerwa z’iki gihugu ari byo byatumye bahangana n’abo bashatse kumuhirika ku butegetsi.
Yagize ati “Ubu bugambanyi ku gihugu nta bwo buzihanganirwa na gato.”
Umuvugizi wa Guverinoma, Wilfried Léandre Houngbédji, yavuze ko abantu 14 bamaze gutabwa muri yombi ku Cyumweru ku manywa, nubwo atigeze atanga ibindi bisobanuro.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW