Ibiro bya Perezida wa Angola bwahaye Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’umutwe bihanganye wa M23 guhagarika imirwano kuva tariki ya 18 Gashyantare, 2026 saa sita z’amanywa.
Ibinyamakuru byo muri Angola bitangaza ko Ibiro bya Perezida wa Angola byavuze ko guhagarika imirwano bigomba kubahirizwa ku wa 18 Gashyantare 2026.
Angola ivuga ko yasabye ibi bivuye ku nama yo ku wa Mbere i Luanda yahuje ba Perezida batandukanye.
Abo barimo João Lourenço, Faure Gnassingbé wa Togo, Félix Tshisekedi na Olusegun Obasanjo uyoboye itsinda ry’abahuza ryashyizweho n’Ubumwe bwa Afurika kuri iki kibazo.
Ibiro bya Lourenço bitangaza ko bisaba iriya tariki yo guhagarika imirwano biturutse ku byavuye muri iriya nama hamwe no kuvugisha impande bireba.
Leta ya Kinshasa cyangwa M23 ntacyo baravuga kuri ubu busabe bwa perezida wa Angola.
Ibiro bya perezida wa Angola bivuga ko bitegereje ko impande zombi zemera kumugaragaro iyi tariki y’ubu busabe.
Kugeza ubu imirwano irakomeje, aho ku wa 11 Gashyantare inyeshyamba za Wazalendo zashyamiranye n’abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 ahitwa Biguri hafi ya Kalengera, muri Sheferi ya Bashali, Teritwari ya Masisi.
Muri Kivu y’Epfo, FARDC, ingabo z’Abarundi na Wazalendo bakomeje kugaba ibitero mu duce dukikije Minembwe Centre, agace ingabo za Leta zivuga ko zishaka kwisubiza.
NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW
