Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, zirashinjwa kurasa zikoresheje indege za ‘Drônes’ zo mu bwoko bwa Kamikaze mu bice byo muri Komine Minembwe, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko izo ndege za Drônes, zarashe mu bice bya Mikenke, Bidegu muri Komine Minembwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Andi makuru avuga ko imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 n’ingabo za Leta ya Congo, FARDC, yabereye mu gace k’ikibaya cya Ruzizi, ku muhanda wa RN5, mu gace ka Karambo.
Amakuru avuga ko iyi mirwano yateye abaturage guhunga bava mu byabo.
Gusa hari andi makuru avuga ko kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Werurwe 2026, umutwe wa AFC/M23 wamaze kwigarurira agace ka Milemo kari hagati ya Kalembe na Mpety muri zone ya Pinga, Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakomeje imirwano ishaka kureba ko yagaruza ibice umutwe wa AFC/M23 wafashe.
Leta ya Congo yitabaje abacanshuro, Wazalendo, FDLR n’izindi ngabo z’amahanga zirimo iz’u Burundi ngo irebe ko yacubya umuvuduko umutwe wa AFC/M23 wari uriho ufata ibice bitandukanye.
UMUSEKE.RW
