Nyuma yo gukura inota rimwe kuri Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo ubwo amakipe yanganyaga ibitego 2-2, Rwanda Premier League Ishinzwe gutegura Shampiyona y’u Rwanda [Rwanda Premier League], yashimiye Al-Hilal SC yahagarariye neza Shampiyona y’u Rwanda ikinamo.
Ibitego bibiri bya Abdelrazig Omer yatsinze ku munota wa 15 n’uwa 71, ni byo byatumye Al-Hilal SC iganya na Mamelodi Sundowns ibitego 2-2 nyuma y’uko abanya-Afurika y’Epfo bo bari batsindiwe na rutahizamu, Arthur Sales na Teboho Mokoena.
Muri uyu mukino wari uw’umunsi wa Gatatu mu itsinda C, wabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 23 Mutarama 2026 kuri Loftus Versfeld Stadium muri Pretoria, abanya-Sudani bongeye kwerekwa ikarita itukura yeretswe Emmanuel Flomo wakiniye nabi, Khuliso Mudau.
Ibicishije kuri X ya yo, Rwanda Premier League yashimiye cyane Al-Hilal SC uko yitwaye muri Afurika y’Epfo igahesha ishema Shampiyona ikinamo. Aba banya-Sudani bahise bagira amanota atanu mu mikino itatu imaze gukina nyuma yo gutsinda umwe ikanganya ibiri yo hanze.
Mu mukino wa Kane w’amatsinda muri iri rushanwa rikinwa n’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mubagane wa Afurika, CAF Champions League, Al-Hilal SC izakira Mamelodi Sundowns ku wa 30 Mutarama 2026 Saa tatu z’ijoro kuri Stade Amahoro.



UMUSEKE.RW