Mbere y’uko asoza amasezerano ye yari asigaje umwaka umwe, Bukayo Saka w’imyaka 24, yongereye amasezerano muri Arsenal ndetse yongerwa n’umushahara.
Inkuru yanditswe na BBC, ivuga ko uyu Mwongereza yongereye amasezerano y’imyaka itanu muri Arsenal.
Iki kinyamakuru cyakomeje kivuga ko uyu Saka yanongerewe umushahara, akavanwa ku guhembwa ibihumbi 199 by’Amapawundi ku cyumweru agashyirwa ku guhembwa ibihumbi 300 by’Amapawundi ku cyumweru.
Bukayo yari afite amasezerano azarangira muri Kamena 2027 ariko ubuyobozi bwahisemo kumwongerera amashya azamugeza mu 2031.
Mu 2023, ni bwo uyu musore ukina aca ku ruhande mu gice cy’ubusatirizi, yari yongereye amasezerano mashya.
Mu 2018, ni bwo Bukayo yakinnye umukino we wa mbere muri Arsenal nyuma yo mu ishuri ry’umupira w’amaguru ry’iyi kipe.
Amaze kuyitsindira ibitego birindwi gusa mu mikino 33 amaze gukinira Arsenal muri uyu mwaka w’imikino.
Uyu musore uri mu bahanzwe amaso mu gufasha ikipe gukomeza urugamba rwo gushaka igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, yiyongereye ku bandi baherutse kongera amasezerano barimo William Saliba, Gabriel Magalhaes, Ethan Nwaneri na Myles Lewis-Skelly.
Mu mikino 217 Bukayo amaze gukinira ikipe ye muri Shampiyona [Premier League], amaze kuyitsindira ibitego 57.
Bukayo urushwa imikino 116 ya Shampiyona na Ray Parlour wakiniye Arsenal 333, azajya mu bazibukwa mu gihe azaba asoje amasezerano ye mu 2031 nyuma y’uko azaba yujuje imyaka 13 akinira Abarashi.
Mu mikino 48 amaze gukinira ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, uyu musore amaze kuyitsindira ibitego 14. Ni umwe mu bo Thomas Tuchel ahanze amaso mu bo azajyana mu Gikombe cy’Isi muri Kamena uyu mwaka.
Ikipe y’Abarashi ni yo iyoboye urutonde rwa Shampiyona y’u Bwongereza aho irusha amanota ane Manchester City ya kabiri. Iri ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Igihugu cy’u Bwongereza [EFL Cup] uzakinwa muri Werurwe 2026.


UMUSEKE.RW
