Bruno Ferry yatandukanye na Rayon Sports

Ubuyobozi bwa Rayon Sports, bwatangaje ko Bruno Ferry w’imyaka 58, atakiri umutoza wayo.

Murera yatangaje aya makuru biciye kuri X yayo, aho yemeje ko yamaze gutandukana n’uyu Mufaransa biciye mu bwumvikane bw’impande zombi.

Bagize bati “Ku bwumvikane bw’impande zombi, ikipe ya Rayon Sports yatandukanye na Bruno Ferry wari umutoza mukuru.”

Iyi kipe yakomeje imushimira mu kazi yakoze mu gihe bari bamaranye. Bruno Ferry yerekanywe nk’umutoza wa Rayon Sports mu Ukuboza 2025. Bivuze ko yari amaze amezi atatu yonyine muri izi nshingano.

Asize agejeje ikipe muri ½ cy’Igikombe cy’Amahoro aho izahura na Gorilla FC. Murera kandi ayisize ku mwanya wa Gatanu muri Shampiyona n’amanota 39 inyuma ya Police FC ifite 40.

Yari amaze amezi atatu muri Rayon Sports

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *