Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda yahamagariye abaturage b’icyo gihugu guhaguruka bagatangiza imyigaragambyo igamije gukuraho Perezida Yoweri Museveni, umaze imyaka 40 ku butegetsi.
Robert Kyagulanyi, wamamaye nka Bobi Wine, ni we watanze iyo mpuruza nyuma yo kwamagana ko yatsinzwe mu matora y’umukuru w’igihugu yabaye ku wa 15 Mutarama 2026.
Muri ayo matora, Perezida Museveni yatsindiye kuyobora manda ya karindwi ku majwi 72%, mu gihe Bobi Wine bari bahanganye we yabonye 25%.
Gusa uyu munyapolitiki yaje kutemera ibyavuye mu matora, avuga ko ayo matora yibwe kandi ko yarimo uburiganya bwinshi.
Bobi Wine yatangaje ko atazavuguruza ibyavuye mu matora yo ku wa Kane mu rukiko, avuga ko adafite icyizere ku butabera bwa Uganda.
Uyu munyapolitiki, avugana na BBC aho yari mu bwihisho, yatangaje ko azakomeza guhangana na Perezida Yoweri Museveni nubwo hari impungenge ku mutekano we.
Yahamagariye abaturage guhaguruka bakarwanya ubutegetsi, avuga ko badakwiriye kwizera ubutabera bwa Uganda kuko bwafashwe bugwate na Museveni.
Ati: “Turashishikariza Abanya-Uganda gukoresha uburyo ubwo aribwo bwose bwemewe n’amategeko kugira ngo barwanire kandi barinde demokarasi yabo.”
Yatangaje ko ibyavuye mu matora ari ibihambano, anashinja inzego z’umutekano kurenga ku mategeko zikinjira mu rugo rwe, aho umugore we n’abavandimwe be bafungiye.
Bobi Wine yabwiye BBC ko yahunze iwe ajya mu nkengero z’umurwa mukuru, Kampala, ku wa Gatanu nijoro ubwo inzego z’umutekano zagabaga igitero ku rugo rwe.
Yagize ati: “Twanze ibyavuye mu matora kuko bitaribyo kandi uburyo ayo matora yagenze ntabwo bugaragaza ukuri.”
Kuva amatora arangiye, Kyagulanyi utavuga rumwe na Leta yakomeje kuvuga ko abayoboke be bicwa, bashimutwa, abandi bakaburirwa irengero.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko abantu barenga 100 bishwe mu mvururu z’amatora, ariko ntiyatanze ibimenyetso.
Daily Monitor yatangaje ko urubyiruko rurenga 100 rufunzwe by’agateganyo kubera ibyaha bitandukanye bifitanye isano n’amatora hirya no hino mu mujyi wa Kampala.
Polisi ya Uganda imaze iminsi iburira abashyigikiye Bobi Wine kutishora mu myigaragambyo abahamagarira, ivuga ko yiteguye kuburizamo abazabigerageza.
NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW
ibya bobe wane nibyoro nzabandora ahaaa. muntu undafite akazi uramenyeshwako ntakindi usabwa nuguhamagara 0795477297