Bazongere Rosine, ku wa Kane tariki 12 Gashyantare 2026, aratangira urugendo n’amaguru rw’ibirometero 160, ava mu Mujyi wa Kigali ajya mu Karere ka Nyagatare.
Bazongere, uzwi muri sinema mu Rwanda, avuga ko uru rugendo rugamije gukusanya inkunga yo kugurira abana bo mu byaro batishoboye impapuro z’isuku (‘Pads’) bakoresha mu gihe cy’imihango.
Mbere gato yo gutangira urwo rugendo azasoza ku wa 15 Gashyantare, kuri iki Cyumweru, Bazongere yavuze ko buri ntambwe azajya atera ari iy’abakobwa bo mu cyaro bakeneye ‘Pads’.
Agaragaza ko ruzabamo n’ubukangurambaga bwo kwigisha abangavu bo mu cyaro badafite amakuru ahagije ku buzima bw’imyororokere.
Avuga ko muri uru rugendo yise ‘Her Dignity 160 Walk’ yifuza kugurira abo bana ‘Pads’ zigura 6,000 FRW imwe, ariko ishobora kumufasha mu gihe cy’imyaka ibiri.
Ati: “Ni ikintu cy’ingenzi kandi ni igikoresho gikomeye cyane umwana w’umukobwa akenera. Hari abana benshi batajya ku mashuri bagatsindwa kubera ibyo bihe arimo.”
Mu butumwa bwo kuri Instagram, Bazongere avuga ko buri wese uko yifite yashobora gufasha bariya bana kubona ibyo bikoresho by’isuku.
Ati: “Uriya mwana wo mu cyaro, biba bigoye kuri we n’umubyeyi kubona ayo mafaranga, wowe ubasha kuyabona ukabasha kuyigurira icyo n’icyo gihe cyo kugurira undi.”
Uyu mukobwa asaba abifuza gushyigikira iki gikorwa ko bashobora kohereza ubufasha binyuze kuri code ‘76000’ ibaruye ku kigo ‘Imbaraga Wellness’.
Si ubwa mbere Bazongere azaba akoze urugendo rurerure n’amaguru, kuko muri Werurwe 2025, mu rugendo rw’iminsi itatu rungana n’ibirometero 150, yavuye i Kigali agera i Rubavu.
NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW
