AS Kigali yavuye i Huye yemye! Ibyaranze umunsi wa 20 wa RPL

Kimwe mu byaranze imikino y’umunsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda, ni intsinzi AS Kigali mu Karere ka Huye ubwo yatsindaga Amagaju FC ibitego 2-0 byombi byitsinzwe n’abakinnyi b’iyi kipe yo mu Bufundu.

Ku Cyumweru, tariki ya 15 Gashyantare 2026, ni bwo imikino y’umunsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda [Rwanda Premier League], yashyirwagaho akadomo.

AS Kigali yari yakinnye n’Amagaju FC, yatahanye amanota atatu yuzuye ku ntsinzi y’ibitego 2-0 byombi byitsinzwe n’abakinnyi b’ikipe bari bahanganye.

Ku munota wa Gatanu n’uwa 85 w’umukino, Bakaki Shafiq na Abdel Matumona bitsinze ibitego byahesheje intsinzi Abanya-Mujyi bagarutse i Kigali bemye.

Aya manota AS Kigali yabonye, yatumye ifata umwanya wa 13 n’amanota 22. Indi ntsinzi yatunguranye, ni iya Etincelles FC yakuye kuri AS Muhanga ubwo yatsindaga ibitego 2-1.

Kuva iyi Shampiyona yatangira, bwari ubwa mbere iyi kipe y’i Rubavu yari itsinze imikino ibiri yikurikiranya nyuma yo gutsinda Musanze FC igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 19 wa Shampiyona waherukaga kubera kuri Stade Umuganda n’ubundi.

Intsinzi y’iyi kipe iterwa inkunga n’Akarere ka Rubavu, byatumye iva mu murongo utukura ifata umwanya wa 15 n’amanota 17.

Indi kipe yabonye intsinzi ifite igisobanuro, ni Rayon Sports yatsinze Police FC igitego 1-0 cyatsinzwe na Tambwe Gloire mu mukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.

Ni intsinzi yatumye Murera igira amanota 32 inganya na Kiyovu Sports ndetse ihita ifata umwanya wa Gatandatu. Gikundiro irushwa abiri na Police FC ndetse na Al-Merrikh SC mu gihe irushanwa ane na APR FC ya kabiri, ikarushwa atandatu na Al-Hilal SC ya mbere.

Undi mukino wari uhanzwe amaso, ni uwo APR FC na Kiyovu Sports zanganyije igitego 1-1 wabereye kuri Stade Amahoro. Urucaca rwatsindiwe na Harerimana Aboulaziz ‘Rivaldo’ mu gihe ikipe y’Ingabo yatsindiwe na Denis Omedi.

Imikino y’umunsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda, yasize Amagaju FC na AS Muhanga ari zo ziri mu murongo utukura.

Ibyavuye mu yindi mikino:

  • Gasogi United 1-1 Mukura VS
  • Marine FC 1-1 Gicumbi FC
  • Bugesera FC 3-1 Gorilla FC
  • Musanze FC 1-1 Al-Merrikh SC
  • Rutsiro FC vs Al-Hilal SC [warasubitswe]
APR FC na Kiyovu Sports na zo zagabanye amanota
Urutonde nyuma y’umunsi wa 20
Musanze FC na Al-Merrikh SC zagabanye amanota
Gasogi United na Mukura VS zagabanye amanota
Bugesera FC yatsindiye Gorilla FC i Bugesera
Rayon Sports yakuye amanota yuzuye kuri Police FC
AS Kigali yavuye i Huye yemye

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *