Ikipe ya APR BBC ibitse igikombe cya Shampiyona ya Basketball y’umwaka ushize w’imikino 2024-25, ishobora kutitabira imikino y’irushanwa Nyafurika rya Basketball Africa League [BAL] n’ubwo yari irimbanyije imyiteguro.
Bivugwa ko ejo hashize, tariki ya 10 Werurwe 2026, abayobozi bayo basanze abakinnyi mu myitozo bakabamenyesha ko iyi kipe itazitabira iyi mikino n’impamvu batakiyitabiriye.
Nta bwo ubuyobozi bw’iyi kipe buratangaza ko itazitabira BAL ariko abari hafi yayo bahamya ko ari ko kuri itakigiye i Johanesburg muri Afurika y’Epfo.
Aya makuru yamenyekanye mu gihe haburaga iminsi 16 ngo ritangire kuko muri Karahari Conference bazakina tariki ya 27 Werurwe 2026.
Amakipe ari kumwe n’ikipe y’Ingabo muri Karahari Conference, ni Al-Ahly yo muri Libya, DAR City yo muri Tanzania, Nairobi City Thunder yo muri Kenya na Petro de Luanda yo muri Angola.
N’ubwo hakomeje kuvugwa aya makuru, APR BBC iherutse kugura Umunyamerika Quinn Cook wegukanye Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, NBA inshuro ebyiri.
Ikipe y’Ingabo yari yegukanye umwanya wa gatatu mu irushanwa riheruka. Ubuyobozi bwo bukomeje gutangaza ko bwifuza kwegukana iri rushanwa, cyane ko imikino ya nyuma izabera i Kigali muri Gicurasi.



UMUSEKE.RW
