Afurika y’Epfo igiye gukura ingabo zayo muri Congo

Afurika y’Epfo yatangaje ko igiye gukura ingabo zayo zari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro n’umutekano muri icyo Gihugu (MONUSCO).

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo yabwiye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres ko uyu mwanzuro ushingiye ku kunoza imikoreshereze y’umutungo w’ingabo za Afurika y’Epfo (SANDF) no kubungabunga ingengo y’imari.

Biteganyijwe ko uko kuva kw’Ingabo za Afurika y’Epfo muri MONUSCO bizarangira bitarenze mu 2026.

Hashize imyaka igera kuri 27 Afurika y’Epfo ifasha mu bikorwa byo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho ifite abasirikare barenga 700.

MONUSCO imaze imyaka myinshi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu mpera za 2025 yongerewe manda izageza mu Kuboza 2026.

Izi ngabo zongerewe manda yo kuguma mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu gihe ubutegetsi bw’iki Gihugu bwagiye bugaragaza ko butakizishaka

Abaturage bagiye bitabira imyigaragambyo yo kwamagana izi ngabo ndetse bakanatera ibirindiro byazo bagatwika, hakiyongeraho ibitero bijy bigabwa n’abarwanyi bo mu mitwe ya Wazalendo.

Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro n’umutekano muri RDC bwatangiye ku wa 30 Ugushyingo 1999, hashyirwaho umutwe w’ingabo ziswe MONUC zagombaga guhashya imitwe yitwaje intwaro iri mu mashyamba y’icyo gihugu. Ku wa 1 Kamena 2010, uwo mutwe wahinduriwe izina witwa MONUSCO.

Ubwo butumwa bwagiye bwongererwa umwaka nubwo umusaruro wabwo wagiye ugawa, ‘buvukwa ko ubwo ingabo zibugize zakandagiraga muri Congo hari imitwe yitwaje intwaro itanu none ubu ikaba irenga 200’, kandi bwarakoresheje miliyari z’amadolari ya Amerika.

Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024/2025, MONUSCO yakoresheje miliyoni 918,4 z’Amadolari ya Amerika. Hagabanyutseho miliyoni 145,8 z’Amadolari nyuma y’aho ingabo zayo zivuye mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu ntangiriro za 2024.

MUGIRANEZA THIERRY/UMUSEKE.RW 

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *