AFC/M23 yarekuye abasirikare 5,000 ba Congo yari yarafashe mpiri

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo ryatangaje ko ryarekuye abasirikare 5000 ba RD Congo (FARDC) na Wazalendo ryafashe mpiri mu bihe bitandukanye.

Itangazo ryo ku wa 08 Werurwe 2026 rivuga ko aba basirikare barekuwe na AFC/M23 bazasubizwa i Kinshasa ku bufatanye na CICR.

AFC/M23 ivuga ko igikorwa cyo kubashyira mu maboko ya CICR cyabereye mu kigo cy’imyitozo ya gisirikare cya Rumangabo ku wa 2 Werurwe 2026.

Ni igikorwa cyayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’umutwe wa AFC/M23 (ARC), Gen. Sultani Makenga, n’abandi basirikare bakuru.

Lawrence Kanyuka, umuvugizi w’ihuriro rya AFC/M23, yavuze ko igikorwa kigamije kugaragaza ubushake bwo kubahiriza amasezerano ajyanye no kubaka icyizere hagati y’impande zihanganye

Yavuze ko bakoze ibi hakurikijwe amahame y’amategeko mpuzamahanga arengera abantu mu gihe cy’intambara.

Gusa yagaragaje ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje gutsimbarara ku myitwarire yo kutumvikana.

Kanyuka yavuze ko Tshisekedi yanze kurekura bamwe mu bayoboke ba AFC/M23 ndetse n’abandi bantu bafunzwe mu buryo butemewe n’amategeko, bafashwe bazira uko basa.

Aba barwanyi bashinja kandi ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo gukomeza kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano no kugaba ibitero byibasira abaturage b’abasivili.

AFC/M23 yatangaje ko irwanira amahoro, inibutsa ko amaraso y’Abanyekongo ameneka, bigizwemo uruhare na Perezida Félix Tshisekedi, atazirengagizwa kandi atazibagirana.

Ihuriro AFC/M23 ryasabye abunzi n’abafatanyabikorwa mu gihugu ndetse n’abanyamahanga kumvisha Kinshasa ko ikwiriye guhagarika imirwano yarishojeho.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
1 Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *