Abayobozi bakuru ba Wazalendo baheruka kurwana bagejejwe imbere y’ubutabera

Kiricho Mirimba na Musubao Kalimba uzwi ku izina rya Kasilasi bombi bihaye ipeti rya General muri Wazalendo

Urukiko rw’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ruri muri teritwari ya Walikale, rwaburanishije abayobozi bakuru ba Wazalendo bashyamiranye mu mirwano yahitanye abaturage.

Abagejejwe imbere y’urukiko kuri uyu wa 16 Werurwe 2026 ni uwiyita Jenerali Kiricho Mirimba wo muri Wazalendo na Musubao Kalimba uzwi ku izina rya Kasilasi.

Aba bombi basanzwe barwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa bashinjwa ko abarwanyi bayoboye barasanye, mu mirwano yahitanye abaturage b’inzirakarengane.

Bashinjwa ko hagati yo ku wa 15 na 18 Gashyantare, 2026 muri sheferi ya Bahavu muri teritwari ya Kalehe, imirwano yabo yaguyemo abasivili 14, mu gihe abagore 7 bafashwe ku ngufu.

Urukiko rwa Gisirikare rwavuze ko iyo mirwano yasize amagana y’abaturage bavuye mu ngo zabo, ndetse n’imitungo yabo irasahurwa.

Kirikicho Mirimba akomoka muri gurupoma ya Ziralo, akaba asanzwe ari umuyobozi w’umutwe w’abarwanyi uzwi nka Maï-Maï Kirikicho, wiganjemo abo mu bwoko bw’Abatembo.

Umutwe ayobora umaze imyaka myinshi urwanira mu mashyamba yo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo no mu bice bya Kivu y’Amajyaruguru.

Izina rya Mirimba ryagarutsweho cyane mu 2009 muri raporo za Loni, ashinjwa kwinjiza abana mu gisirikare.

Mu myaka myinshi ishize, kandi yashinjwe kwigarurira no kwaka imisoro mu birombe by’amabuye y’agaciro, mu masoko no gushyira bariyeri mu mihanda.

Kiricho yavuzwe cyane ku mirongo y’urugamba ubwo AFC/M23 yahanganaga n’ihuriro ry’ingabo za Leta mu teritwari ya Kalehe.

Inyeshyamba za Wazalendo zahawe intwaro n’ubutegetsi bwa Kinshasa zishinjwa kenshi kurwana hagati yazo bikagira ingaruka ku baturage b’inzirakarengane bahaburira ubuzima.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *