Abarundi 4.000 bafungiwe muri Tanzania

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Dr. Edouard Bizimana, yemeje ko Abarundi bagera ku 4.000 bafungiwe mu gihugu cya Tanzaniya, bashinjwa kuba muri icyo gihugu mu buryo butemewe n’amategeko.

Bizimana yabigarutseho mu kiganiro n’itangazamakuru ku wa Gatanu, tariki 13 Werurwe 2026, ubwo yabazwaga ku kaga k’impunzi n’Abarundi bagiye gushaka ubuzima mu mahanga babayemo.

Ni nyuma y’impuruza zimaze iminsi zitambutswa ku mbuga nkoranyambaga kubera guhohoterwa no gufungwa umunsi ku wundi bikorerwa impunzi z’Abarundi muri Tanzaniya.

Izo mpunzi zinjizwa muri gereza, uko bukeye n’ukwo bwije ufite amafaranga akaba ari we urekurwa; ngo hari n’abashimutwa n’igipolisi bakaburirwa irengero.

Minisitiri Dr. Bizimana yavuze ko Abarundi bagera ku bihumbi bine aribo bafungiwe muri Tanzaniya, ariko avuga ko atari impunzi, ahubwo ngo ari ababa muri icyo gihugu mu buryo butemewe n’amategeko.

Yagize ati: “Muri Tanzaniya dufite abafungiweyo; ubwo duheruka twari dufite Abarundi 4.000 bafungiwe muri Tanzaniya kubera kutubahiriza amategeko y’icyo gihugu.”

Yasobanuye ko amasezerano yasinywe hagati y’u Burundi na Tanzaniya ateganya, mu gihe runaka, ibyangombwa bibemerera kujya muri Tanzaniya, ariko bifite imbibi z’ahantu badashobora kurenga.

Ati: “Abo barenga ku mabwiriza bemerewe bakora ibikorwa binyuranyije n’amategeko, barafungwa.”

Amakuru aturuka mu nkambi z’impunzi z’Abarundi muri Tanzaniya avuga ko ibihugu byombi bikomeje gukorana kugira ngo izo mpunzi zisubizwe mu Burundi ku gahato, ari nayo mpamvu bamwe bisanga muri gereza.

Ni mu gihe u Burundi bukomeje guhangana n’abaturage bugarijwe n’ubushomeri n’imiyoborere mibi, basohoka igihugu bajya gushakisha imibereho hanze.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Dr. Edouard Bizimana

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *