UPDATES: Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi butangaza ko bumaze kwakira abaturage bo muri Congo 199.
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki 03 /12/2025 nibwo ziriya mpunzi zambutse umupaka wa Kamanyola.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel, yabwiye UMUSEKE ko ziriya mpunzi zicumbikiwe mu nkambi ya Nyarushishi, mu murenege wa Nkungu.
Abaje mu Rwanda ni 199, abana ni 144, abagore ni 43, n’abagabo 12.
Inkuru yabanje: Impunzi z’Abanyecongo zigera ku 160 zambutse umupaka wa Kamanyola mu karere ka Rusizi zihunga imirwano ikomeye irimo ibera muri ibyo bice ku ruhande rwa Congo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buvuga ko ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki 03 /12/2025 hakiriwe abaturage bari hagati ya 150 na 200 bo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo bahunze imirwano.
Umwe mu mpunzi, avuga ko ibisasu biremereye byavaga i Burundi bigambiriye gutwika intwaro nini AFC/M23 yashyize ku musozi batuye.
Ni umugore uvuga Ikinyarwanda, yavuze ko yari agiye mu murima ariko ibisasu bibaye byinshi ahitamo guhungira mu Rwanda, akaba yavuganye na KigaliT Today.
Mayor w’Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel, yabwiye RBA ko benshi mu bambutse ari abana n’abagore, ubuyobozi bukaba bubashakira aho baryama, nyuma bamara gushira impumu bakazasubira iwabo.
Imirwano imaze iminsi ibiri yumvikanira muri Teritwari ya Uvira na Walungu, aho by’umwihariko uyu munsi wa kabiri yabereye cyane mu bice bya Katogota na Kamanyola.
Amakuru ava muri Congo avuga ko inzu z’abaturage zaguweho n’amabombe yoherezwa n’abarwanda, ndetse abantu 19 bamaze kuhasiga ubuzima.
UMUSEKE.RW