Ubushakashatsi bwa 7 ku mibereho n’ubuzima mu Rwanda (DHS7) bwerekanye ko abangavu bari hagati y’imyaka 15 na 19 baterwa inda biyongereyeho 3% mu gihe cy’imyaka itanu, bakagera kuri 8% mu 2025 bavuye kuri 5% mu 2020.
Ni bimwe mu byasohotse muri ubwo bushakashatsi bwamuritswe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Ukuboza 2025 n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR.
Ubu bushakashatsi bukorwa nyuma y’imyaka itanu, bugaruka ku bipimo bitandukanye birimo igwingira mu bana, uburumbuke bw’Umunyarwandakazi, kuboneza urubyaro, ubumenyi ku bwandu bwa virus itera SIDA.
Mu bipimo by’ingenzi byavuye muri ubu bushakashatsi, abangavu baterwa inda biyongereye bakagera kuri 8% mu 2025 bavuye kuri 5% mu 2020.
Muri ab, abangavu batewe inda batarakandagiye mu ishuri ni 21%, mu gihe abize amashuri abanza gusa ari 13%, abize ayisumbuye ni 4%.
Iyi mibare Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana, abona ko iteje inkeke kuko umwana ubyaye akiri muto akenshi imibare yerekana ko ariho havamo abana bavuka batagejeje igihe ndetse na ba nyina bakagira ibibazo babyara.
Minisitiri Sabin ati “Bibagiraho ingaruka turabibona kenshi, hakazamo n’icya gatatu batugaragararije, umubare w’igwingira nabyo bishamikiyeho kuko mu mibare dufite abana benshi bagwingira, akenshi baba baturuka kuri abo babyawe n’abatarageza igihe cyo gushaka.”
Minisitiri w’Ubuzima yavuze ko ““Inda ziterwa abangavu ni ikibazo gikomeye dukwiye gushakira umuti. Iki kijyanye n’umubare w’impfu z’abana bapfa bavuka, nta mpinduka nziza zabayeho, kuri twe ni ahantu ho kwibanda.”
Mu myaka itanu, igwingira mu bana bari munsi y’imyaka itanu ryagabanutseho 6%
Ubushakashatsi bwa 7 ku mibereho n’ubuzima mu Rwanda (DHS7) bwerekanye ko kandi imibare y’abana bari munsi y’imyaka 5 bagwingira mu Rwanda yageze kuri 27% mu mwaka wa 2025.
Uturere twiganjemo igwingira cyane ni Gicumbi aho riri kuri 38,8%, Burera 37,6% na Ngororero 35,5% rivuye kuri 50,5% mu 2020 muri ako karere.
Abana bapfa batarageza imyaka itanu baragabanutse n’uburumbuke buragabanuka
Imibare yo muri DHS7 igaragaza koko igipimo cy’uburumbuke mu Banyarwandakazi kigeze ku bana 3,7 ku mugore umwe, kivuye kuri 4,1 mu 2020.
Ni ukuvuga ko umugore wo mu Rwanda abyara nibura abana 3,7.
Umugore wo mu Nntara y’Iburasirazuba abarirwa nibura abana 4, Amajyepfo ni abana 3,9, Amajyaruguru ni 3,8, Iburengerazuba ni 3,4, mu gihe mu Mujyi wa Kigali ari 3,1.
Imibare yerekanye ko kandi abagore 98% babyarira kwa muganga ndetse bakitabwaho n’abaganga babifitiye ubushobozi bavuye kuri 95% mu 2020.
Ababyeyi bapfa babyara na bo baragabanutse bava kuri 203 mu babyeyi 100.000 mu 2020, bagera kuri 149 mu 2025.
Abana bapfa batarageza imyaka itanu bagaragabanutse bava kuri 45 mu bana 1000 byariho mu 2020, bagera kuri 36 mu bana 1000 mu 2025.
Abana bapfa bavuka bavuye kuri 33 bagera kuri 27 mu bana 1000, naho abapfa bamaze amezi make bavutse bava kuri 19 mu 2020 bagera kuri 17 mu 2025.
Abana bahabwa inkingo zose z’ibanze bavuye kuri 96% bagera kuri 94%, aho mu mijyi biri kuri 93% mu gihe mu cyaro ari 95%. Ni mu gihe abahabwa inkingo zose nk’uko biteganwa n’inzego z’ubuzima mu Rwanda bari kuri 82%, aho mu mijyi ari 85% mu cyari bakaba 80%.
Amakuru ari mu bushakashatsi bwa 7 ku mibereho n’ubuzima, yakusanyijwe hagati ya 05 Kamena na 25 Ukwakira 2025.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarururishamibare, Ivan Murenzi, yavuze ko amakuru akubiye muri ubu bushakashatsi agaragaza ko mu bintu hafi ya byose hari intambwe igenda iterwa.
Ati “ Hari intego igihugu na leta baba bafite ariko nkatwe n’Ikigo gishinzwe Ibarururishamibare tukabafasha kureba ngo ese hasabwa iki niba izi mbaraga zaratugejeje kuri uru rwego, kugira ngo tugere ha hahandi birasaba iki?”
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, we yavuze ko ubu bushakashatsi bwamuritswe ari gihamya ku kwerekana ireme ry’imibereho y’Abanyarwanda mu ngeri zitandukanye ndetse n’icyerekezo cy’u Rwanda binyuze muri Gahunda y’Igihugu y’Iterambere, NST2.
MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW
Interesting!
Nitwa NSENGIMANA Jean Damascene mperereye Rutsiro abangavu babyara bakiri bato ni ikibazo giteje inkeke??????.