Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 30 Werurwe 2026, ni bwo hatashywe kimwe mu bibuga bito 10 [Mini-Foot] bya metero 40/20 FIFA iherutse kwemerera u Rwanda biciye muri gahunda yayo izwi nka FIFA Forward.
Uyu muhango witabiriwe n’abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, Umunyamabanga Mukuru wa FIFA, Mattias Grafström, Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice na Stéphane Le Brech, Chargé d’Affaires wa Ambasade y’u Bufaransa mu Rwanda.
Aba bayobozi bose bafatanyije, ni bo bafunguye ku mugaragaro iki kibuga cya Kagarama FIFA Arena giherereye mu Ishuri Ryisumbuye rya Kagarama mu Karere ka Kicukiro.
Ibindi bibuga icyenda biri mu bigomba kubakwa, bizubakwa muri St. Joseph i Muhanga, Lycée de Kigali mu Karere ka Nyarugenge, Collège Sina Gérard i Rulindo, Collège Inyemeramihigo mu Karere ka Rubavu, ES Nyamirama & IPM Mukarange mu Karere ka Kayonza, GS. Kabare muri Ngoma, GSOB i Huye no muri TTC Save i Gisagara.
Nyuma y’ibi bibuga bito bingana na metero 40×20, hazubakwa n’ibindi 20 u Rwanda rwemerewe na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.










UMUSEKE.RW
