Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’Ubumenyingiro RTD, n’ishuri ryigisha imyuga Kigali Leading Technical School batanze impamyabushobozi ku banyeshuri 645 basoje amasomo mu myuga itandukanye.
Ku wa Gatanu tariki 27 Werurwe, 2026 nibwo ababyeyi, abarezi n’abandi bitabiriye umuhango wo gutanga impamyabushobozi ku banyeshuri batandukanye.
Umwe mu banyeshuri barangije yemeza ko ubumenyi yabonye buzamufasha kwitwara neza ku isoko ry’umurimo.
Ati “Ubumenyi mpakuye bugiye kumfasha kuba ku isoko ry’akazi aho tugiye hanze, twigaga mu magambo, tugiye hanze kugira ngo duhangane n’imbogamizi zihari.”
Umuyobozi w’ishuri KATAMARA Ridhwan yavuze ko batanga ubumenyi bufite ireme.
Ati “Abana bacu icyo tubarambirizaho ni ikinyabupfura, ubunyangamugayo no kubaha. Ibyo iyo tubibigishije biraborohera iyo bageze mu kazi, ni ibintu bakurikiza.”
Yavuze ko ikigo gifasha abanyeshuri mu kubahuza n’ibigo bitanga akazi, kandi abakomeza gukorana mu gutera imbere mu kazi batangiye.
Abanyeshuri barangije muri iki kigo kandi ngo basakaza ubumenyi ku bandi, bigatuma icyo kigo cyimenyekana mu Rwanda n’ahandi.
Kigali Leading TVET School giherereye mu murenge wa Gitega, akarere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali.
Iri shuri ritanga amasomo atandukanye mu myuga harimo Ubukerarugendo, Ubukanishi bw’imodoka, Amasomo yo guteka n’Ubudozi, abarangije ni ibyo byiciro bizemo.



UMUSEKE.RW
