Umurenge Kagame Cup : Muri Volleball Kicukiro na Nyarugenge ntibyishimiye umwanzuro  wafashwe 

Imirenge ya Kicukiro na Nyarugenge yo mu Mujyi wa Kigali,  ivuga ko itanyuzwe n’icyemezo bita ko kibogamye cy’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali cyafatiwe Gasabo na Kicukiro  kandi utwo turere tuvugwaho gukinisha abakinnyi batemewe

Hirya no hino mu gihugu hakomeje gukinwa imikino y’Umurenge Kagame Cup 2025/2026.

Mu mpera z’iki Cyumweru muri Volleyball amakipe yitwaye neza yarahuye ngo haboneke ikipe ebyiri  zizahagararira umujyi wa Kigali.

Ni muri urwo rwego ikipe ya Kinyinya, Niboye na Kimisagara zahuye hagati yazo.

Kinyinya yatsinze Niboye amaseti 3-0, Niboye itsinda Kimisigara amaseti 3-1 naho Kinyinya itsinda Kimisigara amaseti 3-0.

Nubwo Kinyinya yatsinze imikino yayo yose ndetse igahita iba iya mbere ariko irashinjwa kuba yarakoresheje abakinnyi batemewe.

Hari uwahaye amakuru UMUSEKE ko Umujyi wa Kigali ushaka gusubirishamo imikino ya volleyball mu bagabo mu gihe ishyirahamwe ry’umukino wa Volleball mu Rwanda (FRVB) ryabahaye ibimenyetso bigaragaza ko abakinnyi babiri ba Gasabo ( Kinyinya) batari bemerewe gukina.

Ibi bimenyetso FRVB yatanze bigaragaza ko uwitwa Gakire Claude wa wakiniye umurenge wa Kinyinya wo mu Karere ka Gasabo afite licence ya KEPLER 2023-2024 ndetse na Yakan Guma Lawrence yakiniye Gisagara mu 2023-2024.

Ubusanzwe mu marushanwa ya Kagame Cup, itegeko rivuga ko ikipe ikinishije abatemewe iva mu irushanwa nk’uko byagenze mu zindi ntara kubera ko hari n’abambuwe ibikombe.

Nubwo bimeze uko, ubuyobozi bwemeje ko iyo mikino igomba gusubirwamo ku wa Gatandatu tariki 28 Werurwe 2026 nyuma y’umuganda rusange mu gihe abakinnyi bo batabikozwa.

Aba bakinnyi batandukanye bo bafashe iki cyemezo cyo kutazasubiramo uyu mukino nyuma y’uko FRVB ihaye Umujyi wa Kigali ibihamya bigaragaza ko abo bakinnyi bakinnye kandi batemerewe gukina kubera ko imyaka ibiri isabwa itaruzura kugira ngo bemerwe gukina aya marushanwa.

Iki cyemezo gifashwe mu gihe mu Ntara y’Iburengeraziba, Akarere ka Rutsiro n’aka Nyamasheke, two twambuwe ibikombe kubera gukinisha abakinnyi bafite amakarita.

No mu Ntara y’Amajyarugu,Akarere ka Musanze kambuwe igikombe gihabwa Gakenke kubera iryo kosa.

Abantu  ku mbuga nkoranyambaga bakomeje kwibaza icyo Umujyi wa Kigali wakurikije kugira ngo uhitemo gusubirishamo iyi mikino.

ya Kinyinya, Niboye na Kimisagara zari zahuye hagati yazo

UMUSEKE.RW 

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *