Inkuru y’urupfu rw’umusore wigaga mu mwaka wa mbere wa Kaminuza, muri IPRC- Tumba College mu karere ka Rulindo, ikomeje kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga, ariko abantu bakibaza uko byagenze kugira ngo umusore asangwe amanitse mu nzitiramibu yapfuye, n’umukobwa aryamye hasi na we yapfuye.
Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B Thierry yabwiye UMUSEKE ko abapfuye ari Irakoze Angelo, na Ingabire Samantha.
RIB ivuga ko yatangije iperereza ku rupfu rwa Irakoze Angelo w’imyaka 20, na Ingabire Samanta w’imyaka 19, basanzwe mu nzu imwe bapfuye, aho umukobwa yari yagiye gusura umuhungu.
Nubwo urupfu rwabo rwamenyekanye ku wa Kabiri tariki 24 Werurwe, 2026, bikekwa ko uru rupfu rwabo bombi rwabaye ku wa Mbere tariki 23 Werurwe, 2026.
Iperereza ry’ibanze rigaragaza ko hakekwa ko Irakoze Angelo yaba yarishe Ingabire Samanta, nyuma akaza kwiyahura. Impamvu yaba yarateye iki gikorwa ntiramenyekana, kandi iperereza rirakomeje.
Dr. Murangira B Thierry yabwiye UMUSEKE ko RIB isaba abaturage, cyane cyane abakoresha imbuga nkoranyambaga, kwirinda gukwirakwiza amakuru atizewe (speculation), cyangwa adafitiwe gihamya ku mpamvu zateye uru rupfu, kuko bishobora kubangamira iperereza rikomeje.
RIB yihanganishije imiryango ya Ingabire na Irakoze.

Mu nkuru twabagejejeho mbere, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ignace Ngirabakunzi yabwiye UMUSEKE imirambo ya bariya bantu yajyanywe mu Bitaro bya Nemba gukorerwa isuzuma.
Amakuru avuga ko inzu uriya musore yabagamo ari naho umukobwa yari yamusuye abaturage basanze bifungiranyemo imbere hariho n’ingufuri.
Abaturage ni bo batanze amakuru, abayobozi bamena inzu basanga abo bantu bombi bapfuye.
UMUSEKE.RW

Samantha disi twariganye S2 kuri GS UMUBANO2 Igisenyi mana ndabaye