Ikipe y’umupira w’amaguru ihagarariye Umurenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, yatsinze uwa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge ibitego 3-1, uhita ukatisha itike yo kuzahagararira Umujyi wa Kigali.
Imikino y’irushanwa ry’Imiyoborere Myiza ryitiriwe Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame [Umurenge Kagame Cup] ku rwego rw’Umujyi wa Kigali, yasojwe ku wa Kabiei, tariki ya 24 Werurwe 2026, ibera kuri Tapis Rouge.
Mu cyiciro cy’abagabo, hakinnye Umurenge wa Masaka yo mu Karere ka Kicukiro n’uwa Nyarugenge wo mu Karere ka Nyarugenge mu gihe mu cyiciro cy’abagore, hakinnye Umurenge wa Kacyiru n’uwa Mageragere.
Bamwe mu bitabiriye iyi mikino, harimo Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Wungirije Ushinzwe Ubukungu n’Imibereho y’Abaturage Urujeni Martine ari kumwe n’abandi bayobozi batandukanye barimo Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Ingangare Alexis.
Muri ruhago y’abagabo, Masaka yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda Nyarugenge ibitego 3-1. Iyi Mirenge yombi izahagararira Umujyi wa Kigali ku rwego rw’Intara.
Mu mupira w’amaguru w’abagore, Umurenge wa Kacyiru wegukanye igikombe nyuma yo gutsinda uwa Mageragere. Aya makipe yombi azahagararira Umujyi wa Kigali ku rwego rw’Intara.
Mu mukino wa Volleyball mu cyiciro cy’abagore, ikipe y’Umurenge wari uhagarariye Akarere ka Kicukiro, ni wo wegukanye igikombe ndetse uzahagararira Umujyi wa Kigali.
Muri Basketball, mu bagore n’abagabo, Umujyi wa Kigali uzahagararirwa n’Akarere ka Kicukiro kihariye ibikombe.
Mu mukino wa Sitball, mu bagore n’abagabo, Umujyi wa Kigali uzahagararirwa n’Akarere ka Gasabo.
Uretse iyi mikino yabaye, hanahembwe abahize abandi mu mikino ikinwa n’umuntu ku giti cye. Aba na bo bazahagararira Umujyi wa Kigali ku rwego rw’Igihugu.












UMUSEKE.RW
