Perezida wa Congo-Brazzaville, Denis Sassou Nguesso, yongeye gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu ku majwi 94,82%, ahigitse abandi bakandida bari bahatanye.
Sassou Nguesso w’imyaka 82, amaze imyaka irenga 40 ayoboye iki gihugu gikungahaye kuri peteroli na gaze.
Ari ku butegetsi kuva mu mwaka wa 1979, usibye imyaka itanu gusa yabuvuyeho nyuma yo gutsindwa amatora mu 1992.
Mu 2016, Itegeko Nshinga ry’iki gihugu ryaravuguruwe, hakurwaho imyaka ntarengwa y’uwemerewe guhatana, yari 70.
Gutorerwa kuyobora manda ya gatanu bimwemerera gukomeza kuguma ku butegetsi kugeza mu mwaka wa 2031.
Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Raymond Zéphyrin Mboulou kuri Televiziyo y’Igihugu, yagize ati: “Uwatowe ni Denis Sassou Nguesso, wagize amajwi 2.507.038, bingana na 94,82%.”
Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yahakanye ibyavuye muri ayo matora, yamaganye kuva ku ntangiriro.
Internet yakuweho mu gihugu hose kuva mu gitondo cy’umunsi w’amatora, ingendo z’ibinyabiziga zirahagarikwa, ndetse ku Cyumweru nta maduka yari yemerewe gufungura imiryango.
Ibinyabiziga bya gisirikare n’ibya polisi byazengurukaga umujyi, mu gihe aba polisi n’abajandarume benshi cyane bashyizwe imbere y’ibiro by’amatora.
Muri aya matora, abandi bakandida bagize amajwi mu buryo bukurikira: Mavungou Zinga Mabio 1,48%, Uphrem Dve Mafoula 1,03%, Destin Gavet 0,87%, Kinyumbu Kiambungou Joseph 0,86%, Vivien Romain 0,61% na Ngonga Engambe 0,33%.
Biteganyijwe ko ibyavuye mu matora mu buryo bw’agateganyo bizemezwa n’Urukiko rw’Ikirenga rurinda Itegeko Nshinga, mu gihe ntarengwa cy’iminsi 15.
Perezida Nguesso abaye perezida wa gatatu uyoboye igihe kirekire muri Afurika, nyuma ya Teodoro Obiang wa Equatorial Guinea na Paul Biya wa Cameroon.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW
