Umunyamuziki wahindutse umunyapolitiki, Robert Kyagulanyi Ssentamu wamamaye nka Bobi Wine, utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni, nyuma y’amezi abiri ari mu bwihisho, yahungiye mu mahanga.
Mu butumwa bwo kuri X, Bobi Wine, watsinzwe na Museveni mu matora yo muri Mutarama 2026, yemeje ko yamaze gusohoka Uganda.
Mu mashusho yafatiye ahantu hataramenyekana ari iruhande rw’ibendera rya Uganda, avuga ko yagiye mu mahanga nyuma y’iminsi ahigwa bukware n’inzego z’umutekano.
Avuga ko kuva mu mezi abiri ashize, Museveni “yiyemeje kongera kuba perezida ku ngufu,” ngo urugo rwe rwatewe n’abitwaje imbunda, ari nako ashakishwa ahantu hose ngo yicwe.
Bobi avuga ko inzego zitandukanye muri Uganda zitahwemye gusaka ingo z’inshuti ze no gushyiraho bariyeri hirya no hino mu gihugu kugira ngo atabwe muri yombi.
Yongeraho ko kugeza magingo aya, urugo rwe rukizengurutswe n’igisirikare kuva ku wa 15 Mutarama 2026.
Ati: “Ndashimira mwese nshuti zanjye b’Abanya-Uganda mwampishe mukandinda igihe cyose ubu butegetsi bwarimo bumpiga.”
Muri videwo y’iminota itanu, Wine asaba amahanga gufatira ibihano Museveni w’imyaka 81, watangajwe ko yatsinze amatora ku majwi 72%.
Avuga ko nta mategeko yahonyanze, kandi akavuga ko ‘kwamagana umwanya w’umukuru w’igihugu atari icyaha.’
Kuva ibikorwa byo kwiyamamaza byatangira muri Uganda, Bobi Wine yatangaje ko abayoboke benshi b’ishyaka rye bafunzwe abandi barakubitwa bikomeye.
Jenerali Muhoozi Kainerugaba, umukuru w’igisirikare cya Uganda akaba n’umuhungu wa Museveni, yakunze gutangaza ko bashaka Bobi Wine ari muzima cyangwa yapfuye, hari n’ubwo yanditse kuri X ko azamuca ubugabo.
Wine, w’imyaka 44, utavuze igihugu yahungiyemo, avuga ko agiye kuzenguruka hirya no hino ku isi ashyira hanze ububi bwa Museveni mbere y’uko agaruka muri Uganda guhangana nawe byeruye.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW
