Perezida Emmanuel Macron yatangaje ko yavuganye n’igihugu cya Iraq ku rupfu rw’umusirikare w’Umufaransa wiciwe mu gitero cya ‘drone’ mu karere ka Erbil, abandi benshi bakaba bagakomereka.
Mu butumwa bwo kuri X, Perezida Macron yavuze ko Adjudant‑chef Arnaud Frion ari we musirikare wa mbere w’u Bufaransa wishwe kuva iyi ntambara kuri Iran yatangira mu kwezi gushize.
Yavuze ko igihugu cyose cyifatanyije n’umuryango we n’abandi basirikare bagenzi be mu kababaro barimo.
Macron yongeyeho ko “Abandi basirikare bacu benshi bakomeretse. Ubufaransa buri kumwe na bo n’ababo”.
Yamaganye ibitero ku ngabo z’Ubufaransa ziri muri Iraq kurwanya umutwe wa Islamic State mu karere, avuga ko “bitakwihanganirwa”.
Macron yatangaje ko yihutiye kugirana ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Iraq, Mohammed Chia Al-Soudani.
Ati:” Yangejejeho ubutumwa bw’akababaro bwe n’ubw’abaturage ba Iraq ku rupfu rwa Adjudant-chef Arnaud Frion, wapfuye mu gitero kigayitse cyanakomerekeyemo bamwe mu basirikare bacu.
Avuga ko ashimira ubushake bwe bwo gukora iperereza ryimbitse kuri icyo gitero no gukaza ingamba zo kurinda ingabo z’u Bufaransa ziri muri Iraq.
Ati:” Tuzakomeza guhuza ibikorwa n’imbaraga zacu mu nyungu z’umutekano n’ubusugire bw’igihugu, ndetse no mu kugabanya umwuka w’intambara mu karere.”
Macron avuga ko ingabo z’Ubufaransa ziri muri Iraq kurwanya iterabwoba, ko “Intambara muri Iran idakwiye gusobanura ibi bitero” kuri zo.
Ubufaransa buvuga ko butari mu ntambara Amerika na Israel byashoje kuri Iran.
NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW
