Ruhago y’Abagore: Ibyo kumenya ku irushanwa ry’Umunsi w’Umugore

Irushanwa ngarukamwaka ryo Kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore [Women’s Cup] rya 2026, ryegukanywe na Police WFC nyuma yo gutsinda Rayon Sports WFC kuri penaliti 5-4 nyuma yo kunganya 0-0 mu minota 90.

Igikombe cy’irushanwa ngarukamwaka ryo Kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore [Women’s Cu], rikomeje kugaragaza Iterambere ry’umupira w’amaguru w’abagore.

Ibyo warimenyaho!

Women’s Cup ni iki?

Ni irushanwa ngarukamwaka ry’Igikombe ryo Kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore uba buri wa 8 Werurwe buri mwaka.

Muri uyu mwaka, ryakinwaga ku nshuro ya Gatatu nyuma y’uko ryatangiye mu 2024.

Nta kipe iregukana iki gikombe kabiri!

Ubwo ryatangiraga mu 2024, ryegukanywe na AS Kigali WFC yatsinze Inyemera WFC ibitego 3-0 mu mukino wabereye mu Karere ka Muhanga kuri Stade yitiriwe aka Karere.

Icyo gihe, abakinnyi batsindiye iyi kipe iterwa inkunga n’Umujyi wa Kigali, barimo Ukwinkunda Jeannette ‘Jiji’ watsinze igitego kihuse ku munota wa Kabiri, ku munota wa 55, Niyomungeri Peace Olga yatsindiye AS Kigali igitego cya Kabiri ku mupira wari utanzwe na Mutuyemariya Florentine, ku munota wa 59 ikipe y’Umujyi itsinda igitego cya Gatatu cyatsinzwe na Iradukunda Callixte.

Mu mwaka ushize, Rayon Sports WFC yegukanye iki gikombe nyuma yo gutsinda Indahangarwa WFC ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.

Murera icyo gihe yatsindiwe na Gikundiro Scolastique watsinze igitego cya mbere ku munota wa Kabiri na Bizimana Rukia watsinze icya Kabiri mu gice cya Kabiri cy’umukino.

Irushanwa ry’uyu mwaka, ryegukanywe na Police WFC nyuma yo gutsinda Rayon Sports WFC kuri penaliti 5-4 mu mukino wabereye kuri Stade Ubworoherane mu Karere ka Musanze.

Intego yo gushyiraho iri rushanwa!

Ubwo hatekerezwaga gushyiraho iki gikombe ngo gikinirwe n’amakipe y’Abagore, hari hagamijwe kubaha agaciro no kubongerera amarushanwa, cyane batanakina menshi mu mupira w’abagore mu Rwanda.

Abakinnyi barindwi bamaze kucyegukana mu makipe atandukanye!

Muri iyi myaka itatu iri rushanwa rikinwa, abakinnyi bagera kuri batandatu ni bo bamaze kuryegukana Kabiri bari mu makipe atandukanye.

Aba barimo umunyezamu, Ndakimana Angeline waryegukanye muri AS Kigali WFC na Rayon Sports WFC, Iradukunda Callixte ‘Kazungu’ waryegukanye muri AS Kigali WFC no muri Police WFC, Niyomwungeri Peace Olga wacyegukanye muri AS Kigali WFC no muri Rayon Sports WFC.

Hari kandi Ukwinkunda Jeannette ‘Jiji’ waryegukanye muri AS Kigali WFC na Rayon Sports WFC, Bizimana Rukia waryegukanye muri Rayon Sports WFC, Ingabire Aline waryegukanye muri AS Kigali WFC no muri Rayon Sports WFC na Umwizerwa Angelique ‘Rooney’ wegukanye iki gikombe muri AS Kigali WFC no muri Police WFC.

Ibitego bitanu nibyo bimaze kwinjira mu izamu kuva irushanwa ryatangira!

Mu myaka itanu ishize iri rushanwa rikinwa, ibitego bitanu nibyo bimaze gutsindwa. Hari 3-0 byatsinzwe na AS Kigali WFC ubwo yatsindaga Inyemera WFC na 2-0 byatsinzwe na Rayon Sports WFC ubwo yatsindaga Indahangarwa WFC.

Umunyezamu wa Rayon Sports WFC, Ndakimana Angelique, nta gitego arinjizwa mu mikino itatu amaze gukina iri rushanwa.

Ubwo AS Kigali WFC yaryegukanaga ubwa mbere, ni we wari mu izamu no muri Rayon Sports WFC umwaka ushize ndetse no muri uyu mwaka nta gitego yatsinzwe.

Irushanwa rimaze kubera mu Ntara eshatu!

Kuva iri rushanwa ryatangira, rimaze gukinirwa ahantu hatatu hatandukanye. Bwa mbere ryakiniwe mu Mujyi wa Kigali, bwa Kabiri ribera mu Majyepfo mu Karere ka Muhanga mu gihe ku nshuro ya Gatatu ryakiniwe mu Majyaruguru mu Karere ka Musanze.

Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice aganira n’Itangazamakuru kuri Stade Ubworoherane, yatangaje ko buri mwaka iri rushanwa rizajyanwa mu Ntara itandukanye n’iyo ryakiniwemo mu mwaka uba ushize.

Ibi biri mu rwego rwo kuryegereza Abanyarwanda, hagamijwe gukangurira ababyeyi gukundisha abana b’abakobwa umupira w’amaguru.

Ibihembo byariyongereye!

Ku nshuro ya mbere iri rushanwa ritangizwa, ikipe yegukanye igikombe yahembwe ibihumbi 300 Frw mu gihe iya Kabiri yahembwe ibihumbi 200 Frw. Mu maka ushize, iyegukanye igikombe yahembwe 2,000,000 Frw iya Kabiri ihembwa 1,000,000 Frw.

Muri uyu mwaka, iyegukanye igikombe yahembwe 3,000,000 Frw mu gihe iya Kabiri yahembwe 1,000,000 Frw.

Uko irushanwa rikinwa!

Ubwo ryatangiraga, hatumiwe amakipe abiri yari aya mbere muri Shampiyona y’uwo mwaka ariko Rayon Sports WFC yari iya mbere, ntiyitabira bituma rikinwa na Inyemera WFC yari iya Gatatu na AS Kigali WFC yari iya Kabiri.

Ubusanzwe rikinwa n’amakipe abiri ya mbere bitewe n’aho Shampiyona igeze. Gusa hari igitekerezo cy’uko amakipe arikina yazageraho akiyongera.

Irushanwa riri gukinwa ku nshuro ya Gatatu
Police WFC yegukanye igikombe cy’uyu mwaka

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *