Umukozi wa UNICEF yiciwe mu gitero cya ‘drones’ za FARDC

Umufaransakazi Carine Buisset wishwe n'igitero cya drone cyagabwe na FARDC

Umufaransakazi Carine Buisset wakoreraga ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF, ari mu bishwe n’igitero cya ‘Drones’ cyagabwe n’ingabo za Congo, FARDC mu Mujyi wa Goma.

Ababibonye bavuga ko drones ebyiri AFC/M23 ivuga ko ari iz’ingabo za Congo, zagabye igitero mu gace gatuwe n’abayobozi ba AFC/M23 n’abakorera imiryango mpuzamahanga.

Iki gitero cyabaye mu masaha ya kare mu gitondo, drone imwe amakuru avuga ko yarashwe igwa mu Kiyaga cya Kivu, ariko indi drone irasa inzu yo guturamo y’Umubiligi witwa M. Pascal, uhagarariye uruganda rwa Toyota i Goma.

Umufaransakazi Carine Buisset, wakoreraga UNICEF byamenyekanye ko yaguye muri iki gitero cyagabwe kuri iyo nzu yari icumbitsemo abakozi b’imiryango mpuzamahanga.

Ibitero bya drones mu ntambara zibera mu Burasirazuba bwa Congo bimaze gufata intera, ku wa Kabiri drones 2 zarasiwe mu misozi ya Minembwe ahitwa Mikenke, kugeza ubu FARDC ivuga ko ari iza AFC/M23.

Ntibyari bisanzwe kurasa umujyi wa Goma hakoreshejwe drones, ibi bije nyuma y’igitero cya drone kibasiye ikibuga cy’indege i Kisangani kikaza kwigambwa na AFC/M23 mu minsi ishize.

Amakuru avuga ko igitero cyo kuri uyu wa Gatatu cyari kigambiriye kwica Corneille Nangaa n’abandi bayobozi ba AFC/M23. Ni nyuma y’uko tariki 28 Gashyantare, 2026 uwari Umuvugizi w’Ihuriro AFC/M23 yiciwe mu gitero cya drones muri Masisi ahitwa Rubaya.

Amakuru avuga ko Lt.Col Willy Ngoma yapfanye n’abandi bantu bagera kuri 7.

Leta zunze Ubumwe za America ziherutse gusaba abahanganye muri iyi ntambara kubaha ibyo biyemeje, mu masezerano ya Washington harimo guhagarika intambara hakayobokwa inzira y’ibiganiro.

Ibyo byasigaye iyo muri America, intambara yarakomeje ndetse ingabo za Congo, FARDC zafashe ibice bitandukanye haba muri Kivu y’Amajyepfo no muri Kivu y’Amajyaruguru.

America kandi iherutse gusaba ko ikoreshwa rya Drones muri iyi ntambara rihagarara. Izi drones za FARDC zivugwaho kwica abasivile muri Kivu ya Ruguru no mu misozi ya Minembwe.

Ntacyo UNICEF iravuga ku mukozi wayo wiciwe muri Congo. Kimwe na FARDC ntacyo iratangaza kuri ibi bitero.

Umufaransakazi Carine Buisset yakoreraga UNICEF
Uyu mugore ngo yagiraga umurava cyane mu kazi ke

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *