Gen Makenga byavugwaga ko “yarashwe” yagaragaye yinjiza abarwanyi muri AFC/M23

Gen Sultani Makenga yinjije abarwanyi barenga 1500 muri AFC/M23

Abarwanyi bashya 1,518 binjiye mu mutwe udanzwe mu ngabo za AFC/M23 barangije amasomo yabo i Rumangabo.

Gen Sultani Makenga ni we ubwe wayoboye umuhango wo kubinjiza mu gisirikare.

Ni ubutumwa bukomeye ko akiriho kandi atigeze agerwaho n’igitero cya drone cyahitanye uwari Umuvugizi wa AFC/M23, Lt.Col Willy Ngoma wapfuye tariki 24 Gashyantare, 2026 aguye i Rubaya muri Masisi.

Gen Sultani Makenga, yasabye abarwanyi bashya kugira imyitwarire itandukanye n’iyo barwanya y’abo mu butegetsi bwa Congo.

Uyu muhango wabaye ku wa Mbere tariki 02 Werurwe, 2026 mu ibanga rikomeye.

Makenga yumvikanye avuga ko Perezida Tshisekedi yise ingabo ze “Clochards” bityo nga na we ni “Clochard Mukuru”.

Yabwiye abo barwanyi ko badakwiye kwemera kubona ibibera mu gihugu cyabo, bikozwe n’agatsiko k’abantu bari i Kinshasa bafashe igihugu bugwate.

Yavuze ko abo bantu bavangura abandi, abantu bakaba impunzi igihe kirekire, bityo ngo bagomba kurwanya ubwo butegetsi, bakaba abantu batandukanye n’abo bari bo mbere.

AFC/M23 iravugwaho kongera ingabo mu gihe imirwano ikomeye imaze iminsi ibica muri Masisi muri Kivu ya Ruguru, no mu misozi miremire ya Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo.

UMUSEKE.RW

Share This Article
1 Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *