Nigeria: Abitwaje intwaro bishe abarenga 50

Abaturage bakomeje kwicwa n'abitwaje intwaro muri Nigeria

Abitwaje intwaro bagenderaga kuri moto bateye igiturage mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bwa Nigeria muri Leta ya Zamfara, bica abaturage barenga 50 abandi benshi biganjemo abagore n’abana barashimutwa.

Iku gitero cyagabwe kuva ku wa Kane wa tariki 19 kugeza mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki 20 Gashyantare 2026.

Ibiro Ntaramakuru Reuters byanditse ko igiturage cyatewe n’abantu barenga 150 bagenderaga ku mapikipiki, bagatwika inzu hafi ya zose, bakica ndetse bagashimuta abarimo abana n’abagore.

Ikibazo cy’abantu bitwaje intwaro batera abaturage gikomeje kuba agatereranzamba muri Nigeria ahanini bigizwemo uruhare n’imitwe yitwaje intwaro ndetse n’indi y’iterabwoba.

Mu cyumweru cyashize nabwo abaturage 48 bishwe batewe n’amabandi.

Ubu Nigeria yiyambaje Leta zunze Ubumwe za Amerika ngo ziyifashe mu guhangana n’abagaba ibitero.

Mu mpera za 2025, Leta zunze Ubumwe za Amerika zagabye ibitero bikomeye muri Nigeria muri Leta ya Sokoto hifashishijwe ubwato bw’intambara bwarashe ibisasu byinshi.

Ni nyuma y’igihe kinini Perezida Trump avuga ko Nigeria yahaye urwaho imitwe yitwaje intwaro igamije kugirira nabi Abakilisitu.

Nigeria iherutse gutangaza ko yakiriye abasirikare 100 ba Leta zunze Ubumwe za Amerika baje gutanga imyitozo.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *