Al-Hilal SC yakatishije itike ya ¼ cya CAF Champions League nyuma yo gutsinda FC Saint-Éloi Lupopo igitego 1-0 mu mukino wa nyuma w’amatsinda y’aya marushanwa.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 14 Gashyantare 2026 Saa Cyenda z’igicamunsi, ni bwo habaye umukino wa nyuma w’amatsinda ya CAF Champions League ikinwa n’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane wa Afurika.
Uyu mukino wo mu itsinda C wabereye kuri Stade Amahoro, ni uwo Al-Hilal SC yo muri Sudani yari yakiriye FC Saint-Éloi Lupopo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo [RDC].
Abanya-Sudani batangiye neza umukino, babonye igitego ku munota wa 26 cyatsinzwe na myugariro, Steven Ebuela ku ishoti yatereye iburyo mu ruhande rwari rufunze ariko umupira uruhukira mu rushundura.
Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, Lupopo yagiye kuruhuka ifite abakinnyi 10 mu kibuga, nyuma y’ikarita itukura yeretswe Junior Marc Mendy mu minota ya nyuma y’iki gice cy’umukino.
Al-Hilal SC yakomeje gucunga igitego cya yo kugeza iminota 45 y’igice cya mbere irangiye iyoboye iri imbere.
Mu gice cya kabiri abanye-Congo bagarutse mu gice cya kabiri bafite inyota yo kubona igitego cyo kwishyura kugira ngo banashake icy’intsinzi ariko ba myugariro ba Al-Hilal SC bakomeza kuba beza.
FC Saint-Éloi Lupopo yakomeje gusunika ndetse ku munota wa 71 ibona igitego cyari gitsinzwe ku mutwe ku mupira watangiwe ku ruhande rw’iburyo ariko umusifuzi wa mbere w’igitambaro avuga ko habayeho kurarira.
Abanya-Sudani bahise babona ko amazi atari yayandi, batangira gukina imipira miremire igana kwa Girumugisha Jean Claude n’ubwo ab’inyuma b’iyi kipe yo muri RDC nta kosa bongeye gukora.
Iminota 90 yaje kurangira Al-Hilal SC ikatishije itike ya ¼ cya CAF Champions League ku ntsinzi y’igitego 1-0 mu itsinda C.
Iyi kipe yo muri Sudani yahise iyobora itsinda C n’amanota 11 igakurikirwa na Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo n’amanota icyenda nyuma yo gutsinda MC Alger ibitego 2-0. MC Alger na FC Saint-Éloi Lupopo za nyuma muri iri tsinda zasezerewe.




UMUSEKE.RW
