America yaburiye abaturage bayo baba muri Uganda

Amabasade ya America muri Uganda yatanze umuburo ku baturage bayo bari muri icyo gihugu nyuma y’uko Perezida Yoweri Museveni yongeye gutorwa ngo ayobore manda ya 7.

Inyandiko iba irimo ubutumwa buburira ikaba yasohowe na Ambasade ya America kuri iki cyumweru, ivuga ko isaba abaturage ba America kwigengesera bagasoma cyane ibyo ibitangazamakuru byo muri Uganda byandika.

Yabasabye kwirinda kujya ahantu hateraniye abantu benshi, kwirinda imyigaragambyo, kutigaragaza, kumenya neza abantu bari kumwe na bo, kwitwaza telefoni zirimo umuriro kandi bakamenya nimero zo guhamagara igihe bikenewe cyane, kwitwaza ibibaranga harimo n’inyandiko z’inzira ku bari muriUganda bafite visa.

Ku wa Gatandatu, tariki 17 Mutarama, 2026 Komisiyo y’Amatora muri Uganda yatangaje ko Perezida Yoweri Museveni ari we watsinze amatora ya Perezida kandi ishyaka rye NRM ritsinda amatora y’Abadepite, ndetse nibwo Internet yongeye kugaruka nyuma yo gukurwaho mbere gato y’amatora.

Uruhande rwa Bobi Wine rutavuga rumwe na Leta ya Uganda, ruvuga ko amajwi yibwe, ndetse hagaragaye bamwe mu bakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, bashyira akamenyetso ko gutora kuri Museveni.

Perezida Yoweri Museveni byatangajwe ko ari watsinze amatora akaba azayobora Uganda mu myaka itanu iri imbere.

Yagize amajwi 72% naho uwo bari bahanganye cyane Bobi Wine agira amajwi 25% akaba avuga ko ayo majwi yatangajwe atari ukuru “fake results”.

BBC ivuga ko indorerezi z’Umuryango wa Africa yunze Ubumwe zidafite ibimenyetso by’uko amatora yibwe.

Bobi Wine yasabye ko haba imyigaragambyo yo mu mahoro yo kwamagana ibyo bikorwa byo kwiba amajwi. Perezida Yoweri Museveni, w’imyaka 81, ari ku butegetsi kuva mu 1986.

UMUSEKE.RW

Share This Article
1 Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *