Muhanga: Bamwe mu baturage bafite amasambu Kampani icukuramo amabuye y’agaciro, bavuga ko hashize amezi 6 bambuwe amafaranga ava mu musaruro iyi Kampani ibona ku kilo.
Abataka kwamburwa ni bamwe mu baturage bafite amasambu mu Mudugudu wa Nyamasheke, Akagari ka Rwigerero, Umurenge wa Mushishiro, Akarere ka Muhanga.
Havugimana Vénuste umwe muri abo baturage yabwiye UMUSEKE ko bishyuza Kampani yitwa AFRISET ikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu masambu yabo, bashingiye ku masezerano bagiranye avuga ko iyi Kampani izajya ibaha Frw 100 ku kilo cy’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Berile, ikabaha Frw 2000 ku kilo cy’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Coltan.
Ati: ”Kuva twakorana ayo masezerano hashize amezi 6 nta mafaranga baduha y’umusaruro iyi Kampani ibona, kandi icukura buri munsi.”
Havugimana avuga ko bafite amakuru ko buri munsi iyi Kampani ikuramo ibiro 60 by’ayo mabuye y’agaciro, kandi ayo bagomba guha abaturage ari makeya ugereranyije n’umusaruro Kampani ibona ku munsi.
Umuyobozi wa Kampani AFRISET, Musaninyana Flora avuga ko hari amafaranga bahaye aba baturage batangiye gucukura kuko icyo gihe umusaruro wabonekaga.
Ati: ”Uyu Havugimana twamuhaye amafaranga y’umusaruro w’amezi atatu.”
Musaninyana avuga ko ayo bahaye uyu muturage ari ayo bavanye mu musaruro w’amabuye yo mu bwoko bwa Berile kubera ko ava muri Coltan ataraboneka kuko bataratangira kuyicuruza bitewe n’uko nta TAG bari bahabwa.
Musaninyana avuga ko atemera uwo mwenda w’amezi atandatu kuko kuva batangira gucuruza ayo mabuye nta mezi 6 arimo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mushishiro, Musabwa Aimable avuga ko bakiriye ikirego bashyikirijwe n’umuturage mu minsi ishize, abasaba ko bamufasha kubwira Umushoramari akamuha amafaranga ye.
Ati: ”Twifuza kubahuza n’umushoramari kugira ngo ikibazo gikemuke.”
Havugimana ushinja iyi Kampani kubambura, avuga ko iyo abaze umusaruro uvamo buri munsi, asanga Kampani imubereyemo miliyoni imwe n’igice (Frw 1.500.000) akavuga ko iyi sambu ari yo yari imutunze, kandi ko nta burenganzira afite bwo guhagarika Kampani ifite ibyangombwa.
Gusa uyu mushoramari avuga ko yashatse guha uyu muturage ingurane y’ubutaka bwe, asanga hari uwabutambamiye mu Rukiko.




MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Muhanga.