Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe – Abahakana icyaha baburanye ubujurire

Abanyamategeko b’abantu batandatu baregwa gucukura amabuye y’agaciro nta ruhushya bafite, basabye Urukiko Rwisumbuye rwa Huye ko Rtd Major Rugamba Robert uzwi muri Nyanza mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, n’umuyobozi wa kompanyi ya ALMAHA bafungwa, aho bariya banyamategeko bemeza ko ubutabera bukwiye kugera kuri bose.

Ubushinjacyaha n’urukiko ntacyo bavuze ku cyifuzo cya bariya babanyamategeko.

Abantu 6 baregwa gucukura amabuye y’agaciro nta ruhushya baraburana ubujurire mu Rukiko Rwisumbuye rwa Huye, aho banenga icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza cyabafunze by’agateganyo.

Iyi dosiye irimo abantu 11, muri bo 5 bemera icyaha, ariko gufungwa by’agateganyo bakabyamaganira kure, ahubwo bakavuga ko hakwiye gufungwa abo bita abayobozi, cyangwa se abakoresha babo (aba bavuga ba Boss).

Umwe mu bemera icyaha ubwo yariho aburana ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, mu rukiko rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza bamubajije icyo avuga kuba yafungwa by’agateganyo.

Yagize ati “Ahubwo mpembwe kuko nerekanye ba Boss bange, sinkwiye gufungwa aba Boss bahari.”

Abitwa abakoresha muri iyi dosiye ni batandatu ari na bo bariho baburana ubujurire, bari imbere y’Urukiko bambaye imyambaro y’iroza isanzwe iranga abagororwa mu Rwanda, kandi bunganiwe n’abanyamategeko batatu.

Ubarebeye inyuma bafite ubushobozi (amafaranga), imbere y’urukiko bose bahuriye ku guhakana icyaha, bakanitakana abemera icyaha banafunganwe mu Igorero rya Huye.

Bose kandi bahakana ko batari abayobozi, abakoresha (aba Boss) b’abo bafunganwe.

Abashinja aba baregwa bo ntibajuririye icyemezo cy’urukiko cyabafunze by’agateganyo, kuko ubarebeye inyuma nta bumenyi bafite mu bijyanye n’imanza, ndetse bo nta bunganizi bafite kuko nta bushobozi (amafaranga) bafite ubarebeye inyuma.

Me Mpayimana Jean Paul umwe mu bunganira abari imbere y’urukiko batandatu, mu rukiko yavuze ko abashinja abakiliya be ari “ibyihebe”.

Yagize ati “Umwe muri bo yarabajijwe avuga ko abo twunganira bakoreraga Major Rugamba, nyamara ntagaragaza amasezerano nk’umukozi, bityo abo twunganira ntaho bahuriye n’ababashinja.”

Me Uwizeyimana na we yunganira abari imbere y’urukiko, yavuze ko Ubushinjacyaha nta perereza bugikora kuko iyi dosiye yamaze kuregerwa mu mizi, kandi abakiliya be nta cyaha bakoze bityo bafungurwa by’agateganyo.

Yagize ati “Rtd Major Rugamba Robert bavuga ko yakoreshaga abakiliya bacu we ntafunzwe, bityo niba ari abayobozi na we yagafunzwe niba aribyo, kandi birakwiye ko ubutabera bugera kuri bose.”

Me Niyomusabye Aime Emmanuel we yabwiye urukiko ko abakiliya be bigeze gukora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bakorera kompanyi icukura amabuye y’agaciro yitwa ALMAHA, maze ibyangombwa byo gucura ALMAHA yari ifite bihagaze abakiliya be batandatu na bo gucukura barabireka.

Me Aime ati “Niba ari byo ari ibyitwa ubuyobozi, umuyobozi wa ALMAHA yatanze ikirego na we yaba afunzwe.”

Mu rukiko iby’uko abanyamategeko bunganira baregwa bavuga ko Rtd Major Rugamba Robert n’umuyobozi wa kompanyi yitwa ALMAHA bafungwa, ari Umucamanza cyangwa Ubushinjacyaha ntacyo babivuzeho. Gusa ubushinjacyaha bufashe ijambo bwavuze ko bari kuburana impamvu zikomeye zituma bakekwaho icyaha.

Uhagarariye Ubushinjacyaha yagize ati “Kuba bakwitakana abo bafunganwe, twe nk’ubushinjacyaha ibyo ntashingiro bikwiye guhabwa kuko kuba hari uwemera icyaha agashinja umuntu ni impamvu ikomeye ituma abajuriye none bakekwa.”

Umushinjacyaha avuze ko kuba abaregwa bavuga ko nta masezerano y’akazi agaragazwa n’abemera icyaha babashinja, ati “Iyo ni imwe mu mpamvu twasabye ko baba bafunzwe by’agateganyo, kuko turacyakora iperereza kandi riracyakomeje.”

Umushinjacyaha yabwiye urukiko ko abaregwa bafunguwe byakwica iperereza kuko hari abo bakoze icyaha kimwe bagihigishwa bagishakwa, bityo bafunguwe babangamira iperereza kandi rikomeje, ndetse bakaba batoroka nk’uko hari abandi batarafatwa bagishakwa.

Yagize ati “Nyakubahwa Perezidante ibyo bavuga ntibikwiye guhabwa agaciro kuko hari n’urubanza mu mizi.”

Umushinjacyaha yakomeje abwira urukiko ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ari akazi k’ingufu. Yagize ati “Kuba akazi k’ingufu umuntu yakwitwa Boss muri ako kazi, afite abo akoresha nta gishya.”

Umushinjacyaha kandi yabwiye urukiko ko abashinja aba baregwa babazi neza, “kandi banakoranye ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro dore ko n’abari imbere y’urukiko bemera ko bacukuraga nubwo babeshya ngo bari barabiretse.”

Umushinjacyaha ati “None se amazina yabo barayarose? Ko batavuze njye se? Ni uko bazi ko ntaho mpuriye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.”

Umushinjacyaha akomeza agira ati “Abo babashinja si abana ahubwo ni abantu bazi ubwenge, kuba rero aba bakwitwa abakoresha birumvikana.”

Me Mpayimana Jean Paul yongeye ahawe ijambo avuga kuba hari abari guhigishwa uruhindu, ati “None se abakiliya bange ni bo ngwate y’ababuze? Turasaba abakiliya bacu ko bafungurwa!”

Umwe mu baregwa witwa Siborurema na we yafashe ijambo ati “Twe twaracukuye maze nyuma turabireka, ntitwafatiwe mu cyuho, abadushinja banafatiwe mu cyo ibyo barimo ni amatakirangoyi.”

Umushinjacyaha yabwiye urukiko ko gukora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro binyuranyije n’amategeko ari icyaha kiremereye kuko igihano kirengeje imyaka ibiri, kandi ubikora adakurikije amategeko,  avuga ko aba baregwa bafunguwe bashobora gukomeza kubikora bikabangamira ubukungu bw’igihugu, bikabangamira abaturage, yewe bashobora no gushaka abandi bakozi bakabikora nabi bikabangamira ibidukikije.

Umushinjacyaha agihagurutse ati “Erega Nyakubahwa Perezidante aba mureba imbere yanyu, kuva na cyera bamye bahakana icyaha rwose ntugire ngo imbere yanyu baribwemere ko bakoze ibinyuranyije n’amategeko (Abaje kumva urubanza basekera rimwe).”

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko aba bajuriye batangiye inzira zo kumvikana na bamwe mu babashinja, kuko bafunganwe ngo nibagera imbere y’urukiko mu rubanza mu mizi, bazavuge ko babeshye.

UMUSEKE kandi ufite amakuru ko mu bahigishwa uruhindu (amwe mu mazina UMUSEKE urayazi ariko ntavugwa kugira ngo tutabangamira iperereza).

Umuyobozi wa kompanyi yitwa ALMAHA ntari gushakishwa kuko kompanyi ayoboye niyo yatanze ikirego, cyakora Rtd Major Rugamba Robert na we yari mu batawe muri yombi, ariko aza kurekurwa by’agateganyo kubera uburwayi bukomeye afite, ariko azaburana mu mizi ari hanze.

Niba nta gihindutse umucamanza azatangaza icyemezo, niba aba baregwa bazaburana mu mizi badafunzwe cyangwa bazaburana bafunzwe by’agateganyo muri uku kwezi k’Ugushyingo, 2025.

Theogene NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Huye

Share This Article
3 Comments
  • chơi bài 66b không chỉ tập trung vào việc cung cấp dịch vụ cá cược, mà còn chú trọng vào chất lượng trải nghiệm người dùng, bao gồm giao diện thân thiện và hỗ trợ khách hàng. Điều này khiến người chơi cảm thấy thoải mái và an toàn hơn khi tham gia các hoạt động giải trí trên trang web.

  • slot365 link alternatif Trang web đánh bạc trực tuyến này có các chính sách nghiêm ngặt về việc bảo vệ thông tin cá nhân của game thủ, giúp họ cảm thấy an toàn hơn trong các hoạt động cá cược. Dịch vụ thanh toán nhanh chóng cũng là một yếu tố quan trọng đảm bảo người chơi dễ dàng và nhanh chóng tiếp cận số tiền thắng cược của họ. Tất cả những yếu tố này đóng góp vào việc tạo ra một môi trường giải trí độc đáo nơi game thủ không chỉ tìm thấy sự thích thú mà còn an toàn tuyệt đối khi tham gia.

  • slot365 link alternatif Trang web đánh bạc trực tuyến này có các chính sách nghiêm ngặt về việc bảo vệ thông tin cá nhân của game thủ, giúp họ cảm thấy an toàn hơn trong các hoạt động cá cược. Dịch vụ thanh toán nhanh chóng cũng là một yếu tố quan trọng đảm bảo người chơi dễ dàng và nhanh chóng tiếp cận số tiền thắng cược của họ. Tất cả những yếu tố này đóng góp vào việc tạo ra một môi trường giải trí độc đáo nơi game thủ không chỉ tìm thấy sự thích thú mà còn an toàn tuyệt đối khi tham gia.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *