Kamonyi: Umuvugizi wa Polisi, ACP Rutikanga Boniface avuga ko mu mezi 3 ashize impanuka zo mu Muhanda zahitanye abaturage 53 muri iyi Ntara, 30% muri bo bapfiriye mu Karere ka Kamonyi.
Ibi Umuvugizi wa Polisi, ACP Rutikanga Boniface yabivuze mu bukangurambaga bwa “Turindane Tugereyo Amahoro” bwabereye mu Karere ka Kamonyi.
ACP Rutikanga avuga ko kuva mu kwezi kwa Kanama uyu mwaka kugeza mu Kwakira 2025 impanuka zikomeye 65 zabereye muri iyi Ntara y’Amajyepfo, impanuka 17 muri zo zabereye ku Kamonyi zingana na 26%.
Ati: ”Muri izo mpanuka 65 zakomerekeyemo abantu 43 , icyenda muri bo bakomerekeye ku Kamonyi.”
Umuvugizi wa Polisi avuga ko impanuka nyinshi ziterwa n’uburangare bw’abatwara ibinyabiziga ku isonga bakaba ari abamotari, imodoka ntoya zo mu bwoko bwa Minibus, ku mwanya wa kabiri hakaza Coaster, ndetse na Fuso.
Yavuze ko ubu bukangurambaga bugamije kugabanya umubare w’impanuka zibera mu muhanda ku kigero gishimishije, kandi ko abantu bose bakwiriye kubugiramo uruhare batabuhariye Polisi gusa.
Yasabye ko haba ubufatanye no kwigisha abatwara ibinyabiziga bafite iyo myitwarire kuyihindura, bakumva ko umutekano wo mu muhanda ureba abantu bose, kandi ko buri wese agomba kurinda umutekano wa mugenzi we.
ACP Rutikanga avuga ko abashoferi benshi batwara imodoka zo mu bwoko bwa coaster bakorera ku gitutu cy’abakoresha babo bagakora inshuro nyinshi kugira ngo babone amafaranga menshi binjiriza ba nyiri kampani zikora ubwikorezi, izo nshuro zose bakazikora bananiwe.
Umuyobozi wa Sendika y’abatwara imodoka zo mu bwoko bwa kamyo mu Rwanda, ndetse no hanze, Kanyagisaka Justin avuga ko abatwara imodoka nini iyo ikoze impanuka igwamo abantu benshi ikanagiza byinshi.
Ati: ”Akenshi babiterwa n’umunaniro cyangwa urundi ruhurirane rw’ibibazo bafite.”
Mu mezi 3 impanuka zahitanye abaturage 53 mu Ntara y’Amajyepfo, Umuvugizi wa Polisi akavuga ko abapfiriye mu Karere ka Kamonyi bazize impanuka ari 30% y’abo bapfuye bose.


MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Amajyepfo.
Hi! I’m at work surfing around your blog from my new iphone 4! Just wanted to say I love reading through your blog and look forward to all your posts! Keep up the outstanding work!
Hello, Neat post. There’s a problem along with your website in web explorer, might test thisK IE still is the market leader and a huge component to people will miss your wonderful writing due to this problem.
I think this is one of the most important info for me. And i’m glad reading your article. But want to remark on few general things, The website style is great, the articles is really great : D. Good job, cheers
Terrific work! That is the type of information that should be shared across the net. Shame on Google for now not positioning this publish upper! Come on over and seek advice from my site . Thank you =)
You completed several nice points there. I did a search on the topic and found a good number of folks will consent with your blog.