Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwongeye kwihanangiriza abaturage bagifite ingeso yo kurira ku mihanda ibiribwa bitandukanye birimo ibisheke, ibigori n’ibindi, bakajugunya imyanda aho babonye, bubibutsa ko ari imyitwarire idahesha agaciro kandi bubasaba kubicikaho.
Byagarutsweho ubwo hatangizwaga ku mugaragaro gahunda y’umwaka wa siporo mu bigo by’amashuri, yatangijwe na Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo, hagamijwe kuzamura impano z’abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye.
Ni nyuma y’uko uyu mujyi wunganira uwa Kigali wakunze kunengwa kenshi kubera umwanda uterwa n’abagenda barya ibisheke n’ibigori bakajugunya imyanda mu mihanda.
Bamwe mu baturage bavuga ko hakiri bagenzi babo bagifite ingeso mbi yo kugenda barira mu nzira, ibintu bavuga ko bidakwiye.
Uwitwa Twagirimana Michel agira ati: “Usanga hari abantu bagenda inzira yose barya ibisheke, avoka bakazirisha imbada, ibigori, imineke n’ibindi, imyanda bakayijugunya mu muhanda, bigatuma duhorana igisebo cy’umwanda.”
Uwase Nicole we avuga ko biteye isoni kubona hari abantu banduza umujyi baryagagura ibyo babonye mu nzira, bakajugunya imyanda mu muhanda kandi hari aho bagomba kuyijugunya.
Agira ati: “Hari ahajugunywa imyanda ibora n’itabora ku mihanda, puberi zirahari. Kubona Musanze nziza nk’iyi, umujyi wa kabiri ukurikira Kigali, ikivugwamo umwanda birababaje; hakwiye gufatwa ingamba zihariye.”
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kayiranga Theobald, yanenze kandi yihanangiriza abagikora ibikorwa nk’ibi, asaba abaturage kubirwanya bafatanyije n’ubuyobozi.
Ati: “Mu Karere ka Musanze twifuza ko isuku iba umuco. Birababaje kubona umujyi utatse ibyiza byinshi kandi uzwi mu bukerarugendo, nyamara hakiyongeraho ikibazo cy’umwanda.”
Avuga ko bibabaje kubona umuturage w’umusirimu ugenda arya ibigori n’ibisheke mu nzira, imyanda akayijugunya aho abonye.
Ati: “Abacuruzi nabo bajugunya imyanda inyuma y’amaduka; ibi bintu bikwiye gucika, ntibikwiye, kandi bikwiye kuba inshingano yacu twese.”
Mu myaka itanu ishize, Musanze yazuye amagorofa arenga 60, harimo 20 mu 2024, hamwe n’ibikorwaremezo birimo imihanda n’ibindi akaba ari yo mpamvu ubuyobozi bukomeje gukangurira abaturage kurangwa n’isuku.
JANVIERE NYIRANDIKUBWIMANA
UMUSEKE.RW i Musanze
Ahubwo Akarere ka Rubavu nako nikagere ikirenge mu ka Musanze!! Biteye isoni kubona umubyeyi numusaza barira ibisheke n’ibigori mu mihanda myiza Leta yashoyemo akayabo bigahesha isura mbi igihugu dore ko ari Akarere k’ubukerarugendo.
I believe this internet site has some really wonderful information for everyone. “Glory is fleeting, but obscurity is forever.” by Napoleon.
With havin so much content and articles do you ever run into any problems of plagorism or copyright violation? My blog has a lot of completely unique content I’ve either authored myself or outsourced but it appears a lot of it is popping it up all over the internet without my agreement. Do you know any solutions to help stop content from being ripped off? I’d definitely appreciate it.
Its like you read my mind! You seem to know so much about this, like you wrote the book in it or something. I think that you could do with a few pics to drive the message home a bit, but other than that, this is magnificent blog. An excellent read. I will definitely be back.
I just couldn’t leave your web site before suggesting that I extremely loved the standard information an individual provide in your visitors? Is gonna be back incessantly to investigate cross-check new posts