Nyuma y’imikino ine nta ntsinzi ibona, AS Kigali yatsinze Marines FC igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa Kane wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 18 Ukwakira 2025, ni bwo hatangiye imikino y’umunsi wa Kane wa shampiyona y’Icyiciro cya mbere mu Bagabo.
Imwe mu makipe yari akumbuye amanota, ni AS Kigali iterwa inkunga n’Umujyi wa Kigali.
Ibifashijwemo na Ndayishimiye Didier ku munota wa 61, AS Kigali yabonye amanota yuzuye ku gitego cy’umutwe yatsindiye ikipe ye.
Wari umupira watanzwe na Ntirushwa Aime kuri koruneri y’Abanya-Mujyi.
Iminota yari isigaye, Marines FC yageragaje gukora impinduka ikuramo Mbonyumwami Thaiba wasimbuwe na Mubarak, ariko abasore ba Mbarushimana Shaban bakomeza kuba beza.
Iminota 90 yarangiye aba basore begukanye amanota yuzuye y’umunsi wa Kane, bituma bamwenyura kuri uyu wa Gatandatu.
Iyi kipe yahise yuzuza amanota ane mu mikino ine imaze gukinwa.
Saa Kumi n’Ebyiri n’igice z’Umugoroba, hateganyijwe umukino wa Rayon Sports na Rutsiro FC kuri Kigali Pelé Stadium.
Indi mikino yabaye:
Bugesera FC 0-0 Gasogi United
AS Muhanga 1-1 Etincelles FC





UMUSEKE.RW
Khám phá phim sex múp đỉnh cao với gái xinh không che, chất lượng HD. Xem ngay phim sex múp nóng bỏng, hấp dẫn nhất 2025!