Muri Rayon Sports byongeye guhomba

Nyuma y’ihagarikwa ry’umutoza, Afhamia Lotfi wa Rayon Sports, Visi Perezida mbere w’iyi kipe, Muhirwa Prosper yandikiye Perezida, Twagirayezu Thadée yitandukanya n’icyo cyemezo cyafashwe.

Ku wa mbere, tariki ya 13 Ukwakira 2025, ni bwo Rayon Sports ibicishije ku rukuta rwa yo rwa X, yatangaje ko yahagaritse umutoza wa yo, Afhamia Lotfi n’umwungiriza we wa Kabiri ndetse ko ikipe igomba gukomeza gutozwa n’uwari umwungiriza wa mbere, Haruna Ferouz.

Nyuma gato y’iki cyemezo, uhagarariye inyungu z’uyu mutoza w’umunya-Tunisie, Habimana Hussein, yumvikanye avuga ko we n’uwo ahagarariye, bagiye kureba ingingo ziri mu masezerano impande zombi zagiranye hanyuma bisunge inzego bireba kugira ngo zibarenganure.

Budacyeye Kabiri, Visi Perezida wa Mbere wa Gikundiro, Muhirwa Prosper, yahise yandikira Perezida w’ikipe, Twagirayezu Thadée, yitandukanya n’icyo cyemezo cyo guhagarika umutoza.

Gusa si uyu munsi hagaragaye kudahuriza ku byemezo kuri aba bayobozi, kuko kuva uyu mutoza yaza muri iyi kipe yo mu Nzove, Twagirayezu nta na rimwe yigeze ahuza nawe. Ariko bigakomoka ku kuba bivugwa ko yazanywe na Prosper ushinzwe ibya Tekiniki muri iyi kipe.

Amakuru UMUSEKE wamenye, avuga ko mu cyumweru gishize habaye inama yahuje abarimo Gacinya Chance Denis usanzwe ari Umujyanama wa Perezida wa Rayon Sports mu bya Tekiniki, Liliane usanzwe ari DAF n’umutoza Lotfi.

Bivugwa ko na Muhirwa yagombaga kwitabira iyi nama imbona nkubone ariko ntibikunde kubera izindi nshingano yarimo ariko nyuma avugana na Perezida, Thadée kuri telefoni igendanwa, amenyeshwa ibyaganiriweho bijyanye n’umusaruro nkene w’umutoza.

Mu byo Perezida wa Gikundiro yabwiye Visi we wa mbere, nta guhagarika umutoza kwarimo ariko nyuma byaje gukorwa nyamara bitarigeze biganirwaho ngo bifatweho icyemezo cyumvwa kimwe n’aba bayobozi bombi.

Aha ni ho Muhirwa yahise ahera yandikira Twagirayezu amumenyesha ko yitandukanyije n’icyemezo yafashe cyo guhagarika umutoza biganisha ku kumwirukana.

Muri iyi baruwa yanditswe ku wa Kabiri, tariki ya 14 Ukwakira 2025, Muhirwa Prosper yamenyesheje inzego zirimo Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’Umuryango wa Rayon Sports, Umuyobozi wa Komisiyo Ngenzuzi muri iyi kipe ndetse n’Umuyobozi wa Komisiyo Ishinzwe Gukemura impaka.

Ibaruwa Muhirwa Prosper yandikiye Perezida wa Rayon Sports
Perezida wa Rayon Sports, ntavuga rumwe na Visi Perezida we wa mbere

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *