Nyanza: Umugore akurikiranyweho kwica umugabo we

Umugore yatawe muri yombi akurikiranyweho kwica umugabo we mu mudugudu wa Gako mu kagari ka Mbuye mu murenge wa Kibirizi mu karere ka Nyanza.

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko uwitwa Habineza Athanase w’imyaka 42 y’amavuko kuwa 16 Gashyantare 2023, ahashyira saa 16h00 z’umugoroba yajyanywe kwa muganga ku kigo nderabuzima cya Kibirizi nyuma bamwohereza ku  bitaro bya Nyanza.

Uyu mugabo ngo akaba yarafite ibikomere byinshi mu mutwe, ku ijosi no ku maboko ndetse ava amaraso menshi mu matwi no kumunwa.

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza Ntazinda Erasme yabwiye UMUSEKE ko hatangiye iperereza.

Ati“RIB yatangiye iperereza hatawe muri yombi umugore we kuko niwe ukekwa akaba yatanga amakuru kuko n’urwo rugo hari hasanzwe hari amakimbirane y’umugabo n’umugore we.”

Amakuru avuga ko nyakwigendera yitabye Imana aguye mu bitaro bya Nyanza.

Birakekwa ko yakubiswe n’umugore we witwa MUKAMWIZA w’imyaka 41 y’amavuko babanaga byemewe n’amategeko ariko bikaba bivugwa ko bari babanye nabi ngo ku buryo uyu mugore yanabyaye umwana utari uwa nyakwigendera ubu urerwa muri urwo rugo ngo bakaba bahoraga bamushwanira.

Ntiharamenyekana icyo uwo mugabo yakubiswe mu gihe umurambo ukiri mu bitaro bya Nyanza.

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza busaba abaturage kwirinda amakimbirane ndetse banirinda kwihanira kuko bigira ingaruka zirimo kuba zatera urupfu cyangwa no gufungwa.

Théogène NSHIMIYIMANA / UMUSEKE.RW i Nyanza
Share This Article
1 Comment
  • Kibirizi si ibishya byo kwicana, mu kagali ka Cyeru Nyamunini hapfuye umukecuru yishwe n’abaturanyi kubera amakimbirane, akagali Rwotso naho hapfa umugore yishwe n’umugabo, Rwotso nanone hapfa umwana atemwe n’umugabo bivugwa ko atari se wamubyaraga, Rwotso hapfa umukobwa wategewe mu ishyamba ahotorerwamo, mbuye hapfa Reserve force wari urinze icyambu mu buryo budasobanutse, mbuye umwana yica nyirakuru. Akagali ka Mututu niko konyine katapfuyemo umuntu muri iyi myaka nibura 3. Hanyuma koko iyi Kibirizi ibyayo bizasuzumirwa hehe? Ni mu buyobozi, mu baturage? Mu bugome bw’akarande? Ahaaaaa, uwo batishe bamugambanira ahandi agapfa arozwe!!!! Inzego zihagurukire uyu murenge n’abawuvukamo bahafite ijambo naho ubundi ibi si ibigwi n’ubugwari!!!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *