1000 Hills yihariye ibihembo mu isozwa rya Shampiyona ya Rugby

Amakipe yombi ya 1000 Hills Rugaby, yegukanye igikombe ubwo hasozwaga Shampiyona y’u Rwanda y’umukino wa Rugaby yasorejwe mu Karere ka Rulindo ahazwi nko kwa Nyirangarama.

Imikino isoza Shampiyona ya Rugby 15s mu byiciro byombi, yabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 14 Gashyantare 2026.

Bamwe mu bayobozi baje kureba imikino isoza iyi Shampiyona, barimo Umunyamabanga Mukuru wa Komite Olempike y’u Rwanda, Kajangwe Joseph, Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Rugby mu Rwanda, Kamanda Tharcisse n’abandi.

Habanje imikino yo gutanira umwanya wa Gatatu. Mu cyiciro cy’abagore, wegukanywe na Kamonyi Panthers Women RFC yatsinze Burera Tigers RFC ibitego 13-0 mu gihe mu bagabo, Gitisi TSS ari yo yawegukanye nyuma yo gutsinda Kigali Sharks RFC ibitego 51-7.

Hakurikiye umukino wa nyuma mu cyiciro cy’abagore. 1000 Hills Women Rugby ni yo yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda Ruhango Zebras Women RFC ibitego 41-19.

Mu cyiciro cy’abagabo, na ho ikipe ya 1000 Hills Rugby, ni yo yaje imbere nyuma yo gutsinda Lions de Fer ibitego 20-15 mu mukino wari uw’ishyiraniro.

Nyuma y’isozwa ry’imikino, Perezida w’Ishyirahamwe rya Rugby mu Rwanda, Kamanda Tharcisse, yavuze ko wari umwaka w’imikino wabagendekeye neza mu migendekere ya Shampiyona.

Ati “Ni umwaka wagenze neza. Imikino ya nyuma yari iteguye neza. Wabonye ko yari imikino ikomeye cyane. Ku ruhande rw’Ishyirahamwe byadushimishije ku buryo tubona ko ari Shampiyona igaragaje ubushobozi bwinshi ku makipe kandi ubwo biba biduha n’icyizere ku kipe y’Igihugu mu gihe kiri imbere.”

Uyu muyobozi akurikije ikinyuranyo cy’ibitego cyagaragaye mu mikino ya nyuma, ahamya ko urwego rw’uyu mukino ruri gukomeza kurushaho kuzamuka.

Abajijwe impamvu imikino ya nyuma yajyanywe mu Majyaruguru, yavuze ko ari muri gahunda yo kwegereza uyu mukino abaturage ndetse ukagezwa mu Gihugu hose.

N’ubwo 1000 Hills Rugby yegukanye iki gikombe cya Shampiyona, Lions de Fer ni yo yari imaze iminsi iyoboye izindi muri uyu mukino nyuma yo kwegukana ibikombe bitanu byikurikiranya bya Shampiyona byaherukaga.

1000 Hills Women Rugby yibitseho igikombe cya Shampiyona itsinze Ruhango Zebras Women RFC
1000 Hills Rugby mu bagabo na yo yigaranzuye Lions de Fer yari imaze igihe iyoboye Shampiyona ya Rugby mu Rwanda
Umunyamabanga Mukuru wa Komite Olempike y’u Rwanda, Kajangwe Joseph yari ahari
Kamanda Tharcisse uyobora Ishyirahamwe ry’Umukino wa Rugby mu Rwanda, yari ahari
Kamonyi Panthers Women RFC yegukanye umwanya wa Gatatu mu Bagore
Lions de Fer yari imaze kwegukana Shampiyona zaherukaga nta yindi ikoramo
Ibyishimo byari byinshi kuri Gitisi TSS yegukanye umwanya wa Gatatu mu Bagabo
Bishimiye kubona umwanya wa Gatatu
gutsinda Kigali Sharks RFC yanyagiwe na Gitisi TSS mu guhatanira umwanya wa Gatatu
Imikino yari ishyiraniro
Ubwo amakipe yombi yasohokaga mu rwambariro agiye gukina umukino wa nyuma
Urwego rw’iyi Shampiyona mu Bagore rumaze kuzamuka
Bagaragaje ko urwego rumaze kuzamuka

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *